00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Marizamunda yashimangiye ko nta masomo Isi yakuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na Iradukunda Serge
Kuya 22 May 2024 saa 11:47
Yasuwe :

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yagaragaje ko iyo urebye hirya no hino ku Isi usanga Isi nta masomo ahagije yakuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko mu bihugu bitandukanye hakomeje kugaragara ibibazo by’umutekano muke bihitana ubuzima bw’abasivile.

Ni ingingo yagarutseho kuri uyu wa Gatatu Tariki 22 Gicurasi mu 2022, ubwo yatangizaga Inama Ngarukamwaka ku Mutekano (National Security Symposium) ihuriza hamwe inzego zitandukanye z’umutekano zaba izo mu Rwanda ndetse n’izo hirya no hino muri Afurika.

Umuhango wo gutangiza iyi nama y’iminsi itatu witabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubaraka Muganga n’abandi.

Minisitiri w’Ingabo, Marizamunda yagaragaje ko iyi nama ibaye mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, amateka ashimangira ko Abanyarwanda bakuyemo isomo, nubwo ibimenyetso bihari bigaragaza ko Isi ntacyo yayigiyemo kuko hirya no hino hakigaragara ibibazo by’umutekano muke.

Ati “Iyi nama yateguwe mu gihe u Rwanda ruri kwibuka Imyaka 30 ishize habayeho Jenoside yakorewe Abatutsi, kimwe mu byaranze Jenoside yakorewe Abatutsi ni uko igice kinini cy’Umuryango Mpuzamahanga cyayirengagije, ibihugu bifite imbaraga mu Muryango w’Abibumbye byaciye intege itangwa ry’umusanzu w’amahanga, mu gihe itangazamakuru Mpuzamahanga ryayiteye umugongo.”

Yakomeje avuga ko “Isura y’u Rwanda ku rwego mpuzamahanga ntishobora gusobanurwa hadatanzwe urugero kuri ayo makuba, nk’Abanyarwanda twize amasomo akomeye, nakwifuje kuba nk’Umuryango Mpuzamahanga natwe twize Isomo ariko bihabanya n’ibyo umwaka ku wundi dukomeza kwitaza intego yo guharanira Isi irangwa n’amahoro. Mu gihe turi hano Isi ihanganye n’ibibazo miliyari by’umutekano biteye impungenge ku mahoro n’umutekano[…] ibi bibazo bihera ku bijyanye n’iterabwoba, ubuhezanguni mu rubyiruko, ubuhezanguni bushyira imbere urugomo, kugera ku bitero by’ikoranabuhanga, kunanirwa kwa Guverinoma[…].”

Minisitiri Marizamunda yagaragaje ko uburyo Isi iyobowe uyu munsi bibiba amacakubiri mu batuye uyu mugabane, ashimangira ko icyaba igisubizo ari ugukorera hamwe no guharanira imiyoborere y’Isi ikorera mu nyungu za buri wese.

Yakomeje ashimangira ko uretse umutekano muke Isi yugarijwe n’ibindi bibazo birimo inzara n’imihindagurikire y’ibihe, agaragaza ko abantu badakwiriye kwitana ba mwana.

Ati “Ibi bibazo byose iyo ubihuje byibutsa Isi, by’umwihariko Umugabane wacu ko imbaraga zishyirwa mu gushaka ibisubizo byo gukemura ibibazo by’umutekano zikenewe cyane kurenza ikindi gihe icyo ari cyo cyose. Ibi bisaba gushyira imbaraga hamwe zivuye mu bafatanyabikorwa batandukanye, Guverinoma, sosiyete sivile n’abikorera.”

Iyi nama ibaye ku nshuro ya 11 yitabiriwe n’abanyeshuri bo mu bihugu bitandukanye muri Afurika biga mu mashuri makuru ya Gisirikare, abayobozi muri Guverinoma n’inzobere mpuzamahanga.

Minisitiri Marizamunda yashimangiye ko nta masomo Isi yakuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Ni inama iri kubera muri Kigali Convention Center
N'inama yitabiriwe n'abayobozi batandukanye mu nzego z'umutekano
Iyi nama iba igamije kuganira ku buryo bwo guteza imbere umutekano muri Afurika
Brig. Gen Ronald Rwivanga, akaba Umuvugizi w'Ingabo z'u Rwanda, ni umwe mu bitabiriye iyi nama
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, yavuze ko Isi itigiye amasomo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga ari mu bitabiriye iyi nama
Komiseri wa Polisi ushinzwe umutekano w'ibikorwaremezo n'ibigo byigenga birinda umutekano, CP John Bosco Kabera
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Col. Ruhunga Jeannot (ubanza iburyo) aganira n’umwe mu bitabiriye iyi nama
Komiseri Mukuru w'Urwego Rushinzwe Kugorora, CGP Evariste Murenzi
Komiseri muri Komisiyo yo gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare (RDRC), Brig. General Peter John Bagabo, ari mu bitabiriye iyi nama
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cya gisirikare cya Kanombe, Maj Gen John Baptist Ngiruwonsanga
Umuyobozi wungirije wa Polisi y'Igihugu ushinzwe Imari n'Abakozi, Jeanne Chantal Ujeneza akurikiranye uko iyi nama igenda
Minisitiri Marizamunda yashimangiye ko nta masomo Isi yakuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Ni inama yitabiriwe n'abiga mu mashuri ya gisirikare hirya no hino ku Isi
Iyi nama irigirwamo uburyo bwo guteza imbere umutekano muri Afurika

Amafoto: Niyonzima Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .