00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Bizimana yahishuye imizi y’urwango Biguma yagiriye Abatutsi kugeza abaye ruharwa muri Jenoside

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 22 December 2024 saa 02:08
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascène Bizimana yatangaje ko Hategekimana Philippe bitaga Biguma yakuriye mu muryango w’abantu banga Abatutsi cyane ku buryo kuva mu 1959 kuzamura harimo benewabo bagize uruhare mu bwicanyi bwakorewe Abatutsi na we abikurana mu migirire ye.

Hategekimana Philippe, wamenyekanye nka Biguma amaze iminsi mike akatiwe bidasubirwaho igifungo cya burundu n’inkiko zo mu Bufaransa kubera uruhare rukomeye yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyanza, Ntyazo, Nyabubare, muri ISAR Songa n’ahandi.

Minisitiri Dr Bizimana ubwo yari mu kiganiro na RBA yatangaje ko benshi mu bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi kandi bikabahama biganjemo abavutse mbere ya 1959 bakuze babona mu miryango yabo urwango n’urugomo rukorerwa Abatutsi.

Ati “Bigaragara ko benshi mu babyeyi ntabwo bareze abana babo mu rukundo, mu wubahane ahubwo abana bakuze babona urwango ku b]Batutsi ari rwo rwigishwa.”

Minisitiri Dr. Bizimana yahamije ko Hategekimana Philippe avuka mu yahoze ari komine Rukondo ku Gikongoro, aba ari ho yiga.

Ati “N’iyo urebye mu muryango we usanga hari abantu bagize uruhare mu bwicanyi bwo mu 1959, mu 1960, mu 1963, ari muto, akura abibona, nubwo imanza zibera mu mahanga zitagaruka kuri iyo myaka ya kera ariko n’ubuhamya ubu butangwa n’abantu biganye kuko Hategekimana yize muri Collèges des’Humanités Moderne i Nyanza, bagaragaza ko mu 1973 aho kugira ngo yitangire amasomo yari mu rwango rw’Abatutsi, hari abo yakubise arabakomeretsa, dufite ubuhamya bwabo buhagije.”

“Bikugaragariza ko n’abiga ibyo kugenza ibyaha barabibona, umwana iyo akuze akurira mu rwango agakurira mu muryango abona nta rukundo ufite ahubwo umwigisha urwango, rwa rwango ruramukurikira aho ari hose kugeza aho ashobora kujya mu cyaha kiremereye nk’icya Jenoside yumva ari nk’igikorwa gisanzwe kuko urwango bari bafitiye Abatutsi n’uburyo bakoresheje mu kubatoteza byerekana ko ari ikintu bemeraga gituruka mu buto bwabo.”

Dr. Bizimana ahamya ko nk’ababyeyi “biraduha isomo ryo kwigisha abana kubana, kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside, kwigisha abana urukundo, gukunda igihugu n’izindi ndangagaciro zifitiye umuntu akamaro kuko ari byo bimwubaka.”

Hategekimana w’imyaka 67 y’amavuko yahawe ubwenegihugu bw’u Bufaransa mu 2005, atabwa muri yombi ubwo yari muri Cameroun mu 2018, yoherezwa i Paris. Icyemezo cyo kumuburanisha cyafashwe muri Nzeri 2021.

Minisitiri Dr. Bizimana yahamije ko Biguma yavukiye mu muryango wanga Abatutsi arabikurana kugeza abaye ruharwa muri Jenoside

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .