00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Mario Nawfal yateguje ikiganiro yagiranye na Perezida Kagame

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 March 2025 saa 09:36
Yasuwe :

Mario Nawfal uri mu bakunzwe ku mbuga nkoranyambaga nka YouTube na X, yatangaje ko mu minsi iri imbere azashyira hanze ikiganiro yagiranye na Perezida Paul Kagame.

Ni amakuru uyu mugabo yatangaje binyuze ku rubuga nkoranyamabaga rwa X, aho yagaragaje ko agiye gushyira hanze ikiganiro yagiranye n’Umukuru w’Igihugu wahagaritse Jenoside anubaka igihugu.

Ati “Uyu mukuru w’igihugu yahagaritse Jenoside, yongera kubaka igihugu […] ikiganiro cyihariye kizajya hanze ku wa Kabiri.”

Ubu butumwa yabukurikije amwe mu mashusho yafashwe ari mu Rwanda.

Mario Nawfal ateguje ikiganiro na Perezida Kagame nyuma y’uko mu minsi ishize yagiriye uruzinduko mu Rwanda, asura ibice bitandukanye by’ibihugu birimo n’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, ruri ku Gisozi.

Uyu mugabo w’imyaka 30 yamenyekanye cyane ku rubuga nkoranyambaga rwa X kubera ibitekerezo bigaruka cyane kuri politike akunze gutambutsa, ndetse n’ibiganiro agirana n’abantu batandukanye.

Akunzwe kandi kuri YouTube kubera ibiganiro nk’ibi. Mu bo aheruka kuganira nabo harimo Perezida wa Beralus, Aleksandr Lukashenko na Minisitiri w’Intebe wa Slovakia, Robert Fico.

Mario Nawfal yagiranye ikiganiro na Perezida Kagame

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .