00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Maj Gen Nyakarundi yagiranye ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ghana

Yanditswe na IGIHE
Kuya 10 April 2025 saa 08:34
Yasuwe :

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi, yagiranye ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ghana, Maj Gen William Agyapong, byibanze ku buryo bwo gushimangira ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi.

Ibi biganiro byabereye muri Ghana ku wa 9 Mata 2025. Maj Gen Nyakarundi yari yitabiriye inama yahuje abayobozi bakuru mu ngabo zirwanira ku butaka muri Afurika.

Ubutumwa bwashyizwe kuri konti ya X ya RDF bugaragaza ko “Umugaba w’Ingabo zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ghana, Maj Gen William Agyapong, aho yitabiriye inama y’Abayobozi bakuru b’Ingabo zirwanira ku Butaka ba Afurika (ALFS) yabereye i Accra muri Ghana, baganira ku buryo bwo kongera ikibatsi mu bufatanye busanzwe hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iza Ghana.”

U Rwanda na Ghana bisanganywe umubano ushingiye ku bufatanye mu guteza imbere urwego rwo gutwara abantu n’ibintu mu kirere, igisirikare n’inzego z’umutekano.

Bifite kandi ubufatanye hagati y’inzego z’abikorera, ubukerarugendo, umuco, urwego rw’imari n’ubucuruzi.

U Rwanda rwafunguye Ambasade yarwo muri Ghana mu 2020. Ghana na yo yafunguye Ambasade yayo mu Rwanda mu 2024.

Impande zombi zaganiriye ku buryo bwakoreshwa hongerwa ingufu mu bufatanye busanzweho bw'Ingabo z'u Rwanda n'iza Ghana
Maj Gen Vincent Nyakarundi yahaye impano Umugaba Mukuru w'Ingabo za Ghana
Maj Gen William Agyapong na we yahaye Maj Gen Nyakarundi impano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .