00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Luxembourg: Ambasaderi Munyangaju yakiriye Abanyarwanda muri ambasade

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 6 April 2025 saa 06:55
Yasuwe :

Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg, Aurore Mimosa Munyangaju, yakiriye Abanyarwanda batuye muri iki gihugu n’inshuti z’u Rwanda abizeza ko bazafatanya guharanira inyungu z’u Rwanda n’ibiruteza imbere.

Ni umuhango wabaye ku wa 5 Mata 2025, uhuriza Abanyarwanda batuye muri Luxembourg mu nyubako ya Ambasade y’u Rwanda iherereye mu gace ka Belair mu mujyi wa Luxembourg, baboneraho no kumenya aho Ambasade ikorera.

Mu myaka yashize, u Rwanda rwahagararirwaga muri Luxembourg binyuze muri Ambasade yarwo yari i Bruxelles mu Bubiligi.

Reginald Kayitana uhagarariye Abanyarwanda baba muri Luxembourg, yabwiye Ambasaderi Munyangaju ko bazakorana umurava bagahesha isura nziza u Rwanda.

Yashimiye by’umwihariko komite bafatanya kuyobora umuryango w’Abanyarwanda kubera ibikorwa byinshi bamaze kugeraho, ariko ko nibafashwa na Ambasade biziyongera.

Ati “Twishimiye kugira Ambasade bwa mbere muri iki Gihugu cyiza dutuyemo cya Luxembourg, ni igihugu cyiza, gitekanye, giteye imbere kandi giha amahirwe abakigana.”

Mu ijambo rye Ambasaderi Aurore Mimosa Munyangaju yashimiye Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda n’ubuyobozi bw’igihugu cya Luxembourg bwemeye gutsura umubano ugeze ku rwego rwo gufungura Ambasade mu Rwanda no muri Luxembourg, ashimangira ko ubutumwa yahawe ari ubwo kunoza uwo mubano no kwita ku Banyarwanda bari muri iki gihugu.

Ambasaderi Munyangaju yashimiye kandi komite y’umuryango w’Abanyarwanda baba muri Luxembourg, Madame Luisela Moreschi uhagarariye inyungu z’u Rwanda n’Abanyarwanda bitabiriye uyu muhango, kubera akazi keza bakomeje gukora bagamije iterambere ry’igihugu.

Yashimangiye ko ubwitabire bagaragaje bwerekana inyota bafitiye Ambasade nshya nk’uko babyivugiye ko bishimiye cyane Ambasade muri Luxembourg.

Yabijeje ubufatanye mu kumenyekanisha isura nziza y’u Rwanda muri Luxembourg no ku mugabane w’u Burayi muri rusange.

Ambasaderi Munyangaju yibukije Abanyarwanda ko icyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 gitangira ku wa 7 Mata, ariko kuko Ambasade ari nshya biteganyijwe ko umuhango wo kwibuka ku rwego rwa Luxembourg uzakorwa mu ntangiriro za Gicurasi, itariki n’aho bizakorerwa bazayimenyeshwa.

Ambasaderi Munyangaju yageze muri Luxembourg ku wa 25 Gashyantare 2025, atanga impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Luxembourg ku wa 20 Werurwe 2025.

Bagize umwanya wo gusabana no kuganira
Ambasaderi Munyangaju yijeje abo muri Luxembourg ko bazafatanya kubaka igihugu
Nyuma yo kuganira bakurikijeho ubusabane
Reginald Kayitana uhagarariye Abanyarwanda baba muri Luxembourg, yabwiye Ambasaderi Munyangaju ko bazakorana umurava bagahesha isura nziza u Rwanda
Bari bishimiye kugira ambasade ya mbere
Bari bishimiye kugira ambasade ya mbere
Bagize umwanya wo gusabana no kuganira

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .