00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Leta ya RDC yemeje ko izitabira ibiganiro byayo na M23

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 17 March 2025 saa 08:24
Yasuwe :

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwemeye ko buzitabira ibiganiro by’amahoro bizabuhuza n’umutwe witwaje intwaro wa M23 uhanganye na bwo.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Perezida Félix Tshisekedi wa RDC, Tina Salama, ubwo yaganiraga na Reuters ku wa 16 Werurwe 2025.

Salama yasobanuye ko atahita atangaza abazahagararira Leta ya RDC muri ibi biganiro, ati “Kugeza ubu, ntabwo twavuga abagize itsinda.”

M23 yemeje ko yakiriye ubutumire bwa Angola, bwaturutse kuri Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Tete Antonio. Yagaragaje ko yiteguye kwitabira ibiganiro by’amahoro.

Tariki ya 11 Werurwe ni bwo Perezida João Lourenço wa Angola yafashe icyemezo cyo gutangiza ibi biganiro by’amahoro, nyuma yo kwakira Tshisekedi i Luanda.

Ibiro bya Perezida wa Angola byatangaje ko ibi biganiro bitaziguye bizatangira tariki ya 18 Werurwe 2025, nyuma y’igihe kinini Leta ya RDC ivuga ko itazaganira na M23.

Tina Salama yemeje ko Leta ya RDC izitabira ibiganiro byayo na M23
Perezida wa Angola yafashe icyemezo cyo gutangiza ibi biganiro nyuma y'uruzinduko Tshisekedi yagiriye i Luanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .