00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Leta y’u Rwanda iteganya kugabanya 80% by’amafaranga ashorwa mu gukodeshereza ibigo byayo

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 18 January 2025 saa 12:07
Yasuwe :

Mu myaka itanu iri imbere, Leta y’u Rwanda iteganya kugabanya 80% by’amafaranga ashorwa mu gukodesha inyubako ibigo byayo bikoreramo.

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imyubakire (RHA), Rukaburandekwe Alphonse, yasobanuriye New Times ko ibi bizagerwaho binyuze mu mushinga mugari wo kubakira ibigo bya Leta inyubako ku butaka bwa hegitari icyenda buherereye mu Murenge wa Kimihurura.

Rukaburandekwe yatangaje ko Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA), Ibiro by’Umuvunyi, Ibiro by’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta (OAG), Ikigo cy’Igihugu cy’Indangamuntu (NIDA) ndetse n’amashami y’Umuryango w’Abibumbye na za Ambasade ari byo bizubakirwa inyubako muri uyu mushinga.

Yagize ati “Kugira ngo dukemure icyuho cy’amafaranga giterwa n’ikiguzi cyo hejuru cy’ubukode, Leta iteganya kubaka inyubako zayo zizakoreramo ibigo nka RRA, OAG, Ibiro by’Umuvunyi NIDA, inzego za Loni na za Ambasade.”

Nk’uko yakomeje abisobanura, hakomeje ibiganiro n’ibigo bya Leta, byerekeye ku gushaka ba rwiyemezamirimo n’abashoramari bifuza kugira uruhare muri uyu mushinga, ahamya ko uzarangirana n’umwaka wa 2029.

RHA igaragaza ko ubukode bw’inyubako bukoreramo ibigo bya Leta bwishyurwa miliyari 12 z’amafaranga y’u Rwanda buri mwaka. Mu gihe uyu mushinga wazaba wararangiye, biteganyijwe ko 80% (miliyari 9,6 Frw) by’amafaranga azagabanywaho, azajya ashyirwa mu yindi mishinga y’ingenzi.

RRA iri mu bigo biteganyirizwa kuva mu bukode
NIDA na yo izubakirwa inyubako yayo
Ibiro by'Umuvunyi na byo biri mu mushinga wo kubakirwa inyubako
Ibiro by'Umugenzuzi Mukuru w'Imari ya Leta biteganyirizwa kuva mu bukode mu 2029
Rukaburandekwe yasobanuye ko uyu mushinga nurangira, miliyari 9,6 Frw zajyaga mu bukode zizajya zifashishwa mu yindi mishinga y'ingenzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .