00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwishima birashoboka abantu badasinze- RIB ku myitwarire ikwiriye kuranga Abaturwanda mu mpera z’umwaka

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 December 2024 saa 11:59
Yasuwe :

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwasabye Abanyarwanda kwitwara neza muri izi mpera z’umwaka, ndetse bakazirikana ko bashobora kwishima badasinda.

Ni ubumwa bwatanzwe na RIB ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga, nyuma y’uko umwe mu bakoresha izi mbuga nkoranyambaga yandikiye RIB, avuga ko “ko mbona dutangiye impera z’umwaka tukaba dushima inzego zacu zirimo RIB ko zikomeje kuturinda tunabashima cyane. Ubu muraduteganyiriza iki muri izi mpera z’umwaka? Ubwo bizashoboka ko twishima tunywaless?”

Mu kumusubiza, RIB yavuze ko “birashoboka cyane kwishima abantu #banywaLess ni nabyo tubifuriza kuko ari byo bikurinda kugwa mu byaha bitandukanye. Muri izi mpera z’umwaka icyo tubizeza ni ugukomeza kurwanya icyaha, kandi dufatanyije namwe birashoboka. Tukwifurije gutangira ukwezi k’Ukuboza neza, kuzakubere ukwezi kuzira icyaha.”

Ubu butumwa kandi bwagarutsweho n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, washimangiye ko “ikintu cya #Tunyweless ni ingenzi muri izi mpera z’umwaka, bizafasha mu kwirinda ibyaha.”

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yasabye Abanyarwanda kwitwara neza muri izi mpera z’umwaka, ndetse bakazirikana ko bashobora kwishima badasinda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .