00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwibuka31: Guverineri Rubingisa yavuze ku muturage wishyuraga ngo batavuga ko inzu ye irimo imibiri

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 16 April 2025 saa 09:25
Yasuwe :

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Rubingisa Pudence, yavuze ko bibabaje kuba hakiboneka imibiri y’bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, atanga urugero ku muturage w’i Nyamirambo byamenyekanye ko yishyuraga amafaranga ngo hadatangwa amakuru y’ahari imibiri munsi y’inzu yari atuyemo.

Ibi Guverineri Rubingisa yabigarutseho ku wa 15 Mata 2025 ubwo mu Karere ka Bugesera ku Rwibutso rwa Ntarama hashyingurwaga mu cyubahiro imibiri 25 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Gushyingura iyo mibiri byakozwe ubwo hibukwaga ku nshuro ya 31 abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bagera kuri 5000 bashyinguye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama, barimo abarenga 3000 biciwe kuri Kiliziya ya Natarama ku wa 15 Mata 1994.

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Rubingisa Pudence yavuze ko bibabaje kuba hakiboneka imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi itarashyinguwe, ikaboneka mu buryo bw’impanuka kandi hari abafite ayo amakuru.

Yasabye abafite ayo makuru kugira umutima wo kuyatanga kuko biruhura abarokotse, bakumva ko nibura babashije gushyingura abo babuze muri Jenoside.

Ati “Hari umwe mu bana b’abakobwa warokotse wenyine twari kumwe ejo tuvuye gushyingura abacu mu cyubahiro aratubwira ati ‘ubu ndi umukire muri iki gihugu nta muntu ukize nka njye kuko naraye mbonye umubiri wa mukuru wanjye’. Yari yishimye ku rundi rwego ariko avuga ati ‘kuwubona ni hamana kuko nta wigeze awunyereke mu bantu bose baciriwe imanza na Gacaca’. N’indi mibiri yabonetse kandi ntabwo ari uwaje ngo atunge agatoki, ni imirimo y’ibikorwaremezo yakorwaga”.

Guverineri Rubingisa yatanze urugero rw’ahantu i Nyamirambo byaje kumenyekana ko hari imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi biturutse ku kutumvikana k’uwishyuraga n’uwishyurwaga ngo ayo makuru atazatangwa.

Ati “I Nyamirambo hariya ku Ryanyuma umuntu yari yarubatse hejuru y’imibiri hanyuma aza gushwana n’uwo babanaga kuko hari amafaranga yajyaga amuha buri kwezi ngo atazatanga ayo makuru. Ashobora kuba yaratinze kuyamuha mu kwezi kumwe cyangwa akamushirana bituma [wa muntu [ aduha amakuru”.

Yakomeje avuga ko “Uko imibiri iboneka buri mwaka turayishyingura ariko ntiba yagaragaye kubera ababigizemo uruhare, ahubwo biva nko ku makimbirane bagiranye cyangwa ibikorwaremezo biri gukorwa. [...] Ibyo bisubiza inyuma amahitamo twakoze yo kuba umwe nk’Abanyarwanda no kubabarira abatwiciye.”

Uwera Grâce wari uhagarariye imiryango ifite ababo bashyiguwe mu cyubahiro i Ntarama, yashimye Leta y’u Rwanda uburyo iha agaciro imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorwe Abatutsi igashyingurwa mu buryo buhesha agaciro ubuzima bambuwe.

Yagarutse ariko no ku buryo bitera igikomere gikomeye kuba hashize imyaka ingana gutya hari abarokotse Jenoside batarabona ababo bishwe.

Mu Karere ka Bugesera kuva mu gihe cyo kwibuka umwaka ushize hamaze kuboneka imibiri 326 harimo 24 yamaze gushyingurwa mu cyubahiro n’indi 302 ibonetse vuba na yo izashyingurwa muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 31.

Bashyize indabo ku mva
Imibiri yashyinguwe yabanje guhabwa umugisha
Imibiri 25 ni yo yashyinguwe mu cyubahiro mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Ntarama
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard yunamira inzirakarengane zazize Jenoside i Ntarama
Ni Igikorwa cyitabiriwe n’abakora mu nzego z’umutekano z’u Rwanda
Uwera Grace yavuze ko bitera igikomere kuba hashize imyaka 31 hari abarokotse Jenoside batarabona ababo bishwe
Uyu muhango witabiriwe n'abayobozi batandukanye
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Rubingisa Pudence yavuze ko bibabaje kuba hakiboneka imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi itarashyinguwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .