00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kwibohora31: Abasirikare n’abapolisi bagiye gutangira ibikorwa bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 13 March 2025 saa 11:16
Yasuwe :

Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na Polisi y’Igihugu zatangaje ko zigiye gufatanya n’abaturage kububakira ibikorwaremezo bitandukanye, mu rwego rwo kwizihiza Umunsi wo Kwihobora ku nshuro ya 31.

Binyuze mu itangazo rigenewe abanyamakuru izi nzego z’umutekano zashyize hanze kuri uyu wa 13 Werurwe 2025 zatangaje ko Ingabo, Polisi n’izindi nzego bagiye kwifatanya n’abaturage mu bikorwa byo gufasha mu kuzamura imibereho myiza yabo n’iterambere.

Ibyo bikorwa bizakorerwa mu gihugu hose kuva ku itariki 17 Werurwe 2025 bikomeze mu gihe cy’amezi atatu.

Bifite insanganyamatsiko igira iti ‘Ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano mu kwizihiza Kwibohora 31 n’imyaka 25 y’imikoranire na Polisi y’u Rwanda’.

Ibyo bikorwa bizibanda mu byiciro bitandukanye bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage birimo iby’ubuvuzi, kubungabunga ibidukikije, kubaka ibikorwaremezo, ubworozi no kubakira imiryango itishoboye.

Uruhare rw’Ingabo na Polisi by’u Rwanda mu bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza y’abaturage biteganywa n’amategeko agenga izo nzego.

Ingabo na Polisi by’u Rwanda byongeye gushimira abaturage ku ruhare n’ubufatanye badahwema kugaragaza mu bikorwa byo kubungabunga umutekano n’iterambere ry’u Rwanda.

Ibikorwa nk’ibyo mu 2024 byasize hakozwe byinshi birangwajwe imbere n’abaturage barenga ibihumbi 10 babazwe indwara zitandukanye, abandi 5000 bari barahumye bongera kureba n’ibindi.

Uretse kuvura abo baturage hanubatswe inzu 31 zihabwa abatishoboye, hubakwa n’ingo mbonezamikurire (ECD) 15 n’ibiraro 13, hanatangwa ubwato bune ku baturage bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru.

Hatanzwe amatungo 800, hakwirakwizwa amazi n’amashanyarazi ndetse ingo 327 zihabwa amashanyarazi y’imirasire, imirenge itanu yahize indi muri buri ntara ihabwa imodoka n’ibindi bikorwa bitandukanye.

Aha byari mu 2024 ubwo Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Namuhoranye Félix yatahaga inzu zubakiwe abatishoboye mu Karere ka Musanze
Mu 2024 Umurenge wa Tumba wo mu Karere ka Rulindo washyikirijwe imodoka watsindiye nk'umurenge wahize indi yose yo mu Majyaruguru mu kwimakaza isuku n'umutekano
Mu Bugesera Minisitiri w'Ingabo, Juvenal Marizamunda (uwa kabiri ku ruhande rw'iburyo) ari kumwe n'abandi bayobozi basuye umuturage mu nzu nshya yubakiwe na RDF ku bufatanye na Polisi. Hari mu 2024
Amagare 90 yatanzwe ku bagize amahuriro y'Imboni z'Impinduka kugira ngo abafashe kwiteza imbere
Imodoka zitandukanye zatanzwe mu gufasha abaturage kurinda umutekano no kwimakaza isuku
Umwaka ushize hatashywe amarerero 15 yubatswe na Polisi n'Ingabo z'u Rwanda
Mu 2024 inzu 31 zubakiwe abatishoboye bikozwe na RDF na RNP
Mu 2024 abapolisi n'abasirikare bubatse ibiraro 13 mu bice bitandukanye by'igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .