Mu bizibandwaho muri uru ruzinduko, harimo kureba gahunda na politiki u Rwanda rwafashe mu guhangana n’imihindagurikire y’ikirere ndetse n’inkunga zikenewe ngo izo gahunda zibashe gutanga umusaruro witezwe.
Georgieva ageze mu Rwanda nyuma yo kugirira uruzindiko mu bindi bihugu birimo Zambia.
U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere muri Afurika cyahawe inguzanyo binyuze muri gahunda nshya ya IMF yo gufasha ibihugu bikennye n’ibifite ubukungu buciciriritse gukemura ibibazo by’igihe kirekire bikomoka ku ihindagurika ry’ibihe.
Mu Ukwakira 2022, Inama y’ubutegetsi ya IMF yemeje inkunga ya miliyoni 319$, arenga miliyari 340 Frw, yo gukoresha muri gahunda zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe no kubaka ubukungu buhamye.
Ni nkunga izibanda ku bijyanye no gushyiraho ingamba zo guhangana n’imihindagurikire y’ibihe mu rwego rw’ingamba, gukurikirana no mu igenamigambi mu mezi 36.
U Rwanda rukeneye arenga miliyari 11$ azifashishwa mu bikorwa byo kurwanya imihindagurikire y’ibihe muri "Nationally Determined Contributions (NDC)", gahunda rwiyemeje mu kurwanya imihindagurikire y’ibihe hagendewe ku biteganywa n’amasezerano ya Paris.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!