00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Korohereza impunzi kwiga byagaragajwe nk’inzira yo gushyira itafari ku iterambere ryazo

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 18 March 2025 saa 09:21
Yasuwe :

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, UNCHR, ryagaragaje ko korohereza impunzi kwiga mu mashuri makuru na kaminuza ari uburyo bwo gushyira itafari ku buzima bwazo no kuzitegurira ejo hazaza heza.

Byagarutsweho n’Umuyobozi wa UNCHR Rwanda, Ndeye Aissatou Masseck Ndiaye, wasabye abayobozi ba kaminuza zitandukanye zo muri Afurika kugira uruhare mu korohereza impunzi hirya no hino kugera ku burezi bufite ireme.

Yagaragaje ko gufasha impunzi kwiga mu mashuri makuru na kaminuza bigamije kuzifasha guhindura imibereho no kuzitera ingabo mu bitugu.

Ati “UNCHR ibona guha uburezi mu mashuri makuru na kaminuza nk’inzira yo gufasha impunzi ku kuva mu kwiga zikagera mu kugira icyo zinjiza. kuko kuva ku gushingira ku nkunga y’abagiraneza ukagera ku kwigira ari ikintu cy’ingenzi cyane.”

Yakomeje ati “Ibi byose kandi biha impunzi z’urubyiruko ubushobozi bwo kugira ahazaza heza no gukurikira inzozi zabo. Ntekereza ko kubafasha binyuze mu burezi ari ikintu gikomeye twashyiramo imbaraga kuko ntabwo twifuza ko bahora bategera ku bandi. Burya nta muntu wifuza kuba impunzi ubuzima bwe bwose baba bifuza uburyo bwabafasha kuva muri ubwo buzima batagizemo uruhare.”

Yavuze ko UNCHR ifite intego ko nibura 15% by’impunzi zigomba kuba zarageze muri kaminuza nubwo kuri ubu imibare ikiri kuri 7% gusa.

Yemeje ko kwiga ari uburenganzira impunzi zidakwiye kuvutswa n’ibibazo biba byarazigwiririye bishingiye ahanini ku mutekano muke n’amakimbirane mu bihugu ziba zaraturutsemo.

Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza yigenga ya ULK, Prof. Balinda Rwigamba, yagaragaje ko iyi kaminuza yatangiye gutanga buruse ku mpunzi aho kuri ubu ifite izirenga 140.

Yagaragaje ko byakabaye inshingano za kaminuza kugira uruhare mu gufasha urubyiruko rw’impunzi kwiga kuko birufasha gutegura ejo heza harwo.

Ati “Ikintu cy’ingenzi ni ukugira uruhare mu kubaka ahazaza habo, kugira ubumuntu, indangagaciro, urukundo n’umutima w’impuhwe. By’umwihariko muri Afurika tuzi ko iyo ufashije umuntu umwe na we afasha abandi benshi. Ntekereza ko ari ikintu cy’ingenzi gufasha impunzi gutegura ejo hazaza.”

Yemeje ko urubyiruko rw’impunzi iyo ruhawe amahirwe yo kwiga, rushyiraho umwete kandi rugakorera ku ntego kuko ruba rushaka guhindura amateka mabi y’ubuhunzi.

Ati “Muri bo baba bifitemo ikintu cyo kuba abanyeshuri beza. Barakora cyane, haba mu kwitabira ishuri, gutsinda amasomo, gukora imikoro, kwiga ikoranabuhanga, indimi, ukunda kubasanga bari mu masomero n’ahandi bashaka kuzamura ubumenyi. Baba bafite impamvu ikomeye ibasunika ishingiye ku mateka y’ahashize.”

Yavuze ko Kaminuza ya ULK yatanze buruse ku batishoboye b’impunzi mu gihe abandi bafite ubushobozi buke bashyiriweho uburyo bwo kuba bakwishyura amafaranga y’ishuri mu byiciro.

Yemeje ko kandi abarangiza bafite amanota meza, bafashwa kubona akazi kandi ko kwiga bibafasha gutegura ahazaza habo neza nk’uko baba bifuza kuva mu mateka mabi y’ubuzima bw’ubuhunzi.

Perezida wa Kaminuza ya Oslo muri Norvège, Svein Stølen, yavuze ko umubare w’impunzi ugenda wiyongera bityo ko hakenewe ubufatanye n’inzego zitandukanye zikaba zahabwa uburenganzira bwo kwiga.

Kuri ubu impunzi ziri mu Rwanda zibasha kwiga guhera mu mashuri abanza kugeza muri Kaminuza.

Kaminuza zitandukanye zirimo Kepler College, Globol Health Equity n’izindi mpuzamahanga usanga harimo abana b’impunzi bari gufashwa kwiga.

Prof Dr Rwigamba Balinda washinze Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) n'Ishuri rikuru rya ULK Polytechnic Institute (UPI), yasabiye impunzi gufashwa kwiga
Umuyobozi wa UNCHR Rwanda, Ndeye Aissatou Masseck Ndiaye, yasabye abayobozi ba kaminuza zitandukanye zo muri Afurika kugira uruhare mu korohereza impunzi
Umukozi muri Minisiteri y'Ibikorwa by'Ubutabazi, Eric Mutabazi, yagaragaje ko u Rwanda ruha amahirwe abana b'impunzi bakiga
Kaminuza zasabwe kugira uruhare mu gufasha impunzi kubona uburezi bufite ireme
Perezida wa Kaminuza ya Oslo muri Norvège, Svein Stølen, yavuze ko umubare w’impunzi ugenda wiyongera bityo ko hakenewe ubufatanye
Gufasha impunzi kwiga amashuri makuru na kaminuza byagaragajwe nk'inzira nziza yo kubageza ku iterambere

Amafoto: Paccy Himbaza


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .