Ni icyemezo cyafashwe hagendewe ku bibazo bya tekiniki byagiye bigaragara muri icyo gikorwa, icyakora Nelson akavuga ko bari gukora buri kimwe cyose kugira ngo gahunda izagende neza.
Ati “Turi gukora buri kimwe cyose gishoboka kugira ngo iki gikorwa kizakunde.”
Ubu buryo bwo gusubiza umuntu ku kwezi ni icyiciro cya gatatu cya gahunda ya Artemis yo kubyaza umusaruro isanzure, bigizwemo uruhare n’ibihugu bitandukanye biyobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Mu 2022 ni bwo hoherejwe icyogajuru kitarimo umuntu mu buryo bw’igerageza ndetse kigaruka mu Isi ariko cyangiritse.
Kuri iyi nshuro Nelson yavuze ko bamaze gutahura aho ikibazo byose byaturutse ndetse bari gushaka uburyo babikemura burundu.
Icyogajuru kizoherezwa mu 2026 kizagendamo abantu bane, ariko bikavugwa ko batazagwa ku Kwezi.
Artemis II izaba ari nk’integuza ya Artemis III. Abazaba bari muri ubwo butumwa bwa gatatu bo biteganyijwe ko bazagwa ku Kwezi, bikazaba ku nshuro ya mbere umuntu akandagiye ku Kwezi nyuma y’imyaka 52 ishize, ubwo Amerika yaherukagayo muri gahunda yise ‘Apollo 17’.
Mu 2022 u Rwanda na rwo rwashyize umukono ku masezerano agamije ubufatanye muri gahunda yo gusubiza umuntu ku kwezi yiswe ‘Artemis Accords’.
U Rwanda n’ibindi bihugu byashyize umukono kuri aya masezerano, byemeje ubufatanye mu bushakashatsi bikora mu bijyanye n’isanzure hagamijwe kugera kuri gahunda ya Amerika yo gusubiza abantu ku Kwezi.
Bitandukanye no mu 1972, abazajya ku Kwezi bazakora ubushakashatsi butomoye bushobora gutuma no kuri Mars hoherezwa umuntu wa mbere.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!