00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kigali: Hibutswe abarenga ibihumbi 20 bishwe n’ibiza mu Buyapani

Yanditswe na IGIHE
Kuya 11 March 2025 saa 10:13
Yasuwe :

Abanyarwanda bifatanyije n’Abayapani baba mu Rwanda kwibuka ku nshuro ya 14, abahitanywe n’ibiza by’umutingito na Tsunami byibasiye Uburasirazuba bw’u Buyapani, aho abarenga ibihumbi 20 bapfuye, abandi barakomereka cyangwa baburirwa irengero.

Ni igikorwa cyabaye ku wa 11 Werurwe 2025, cyateguwe na Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda, Ikigo Mpuzamahanga cy’Abayabapani (JICA) ndetse n’umuryango w’Abayapani NPO TER (Think about Education in Rwanda).

Cyabimburiwe n’igitambo cya Misa yo kwibuka no gusabira abishwe n’abagizweho ingaruka n’ibiza byabaye mu Buyapani mu 2011 birimo umutingito, Tsunami n’iturika ry’uruganda rw’ingufu za Nucléaire rwa Fukushima, yabereye kuri Chapelle Jésuite Sainte Trinité Kimironko.

Uwari uhagarariye Umuryango NPO TER (Think about Education in Rwanda) w’Abayapani, wita ku baturage bakeneye ubufasha by’umwihariko wibanda cyane ku burezi, Hakorimana Djuma, yavuze ko buri mwaka bifatanya n’u Buyapani kandi byerekana umubano mwiza bufitanye n’u Rwanda n’uruhare bugira mu iterambere rusange.

Yavuze kandi ko nk’Abanyarwanda bazi umubabaro wo kubura inshuti n’abavandimwe mu gihe gito, bityo bakaba bifatanya n’Abayapani kuko bumva agahinda batewe n’ibiza bahuye nabyo.

Ati “Tubikora tugamije kubazirikana no kwigisha abana bato kugira umutima wo kuzirikana abari bafite ubuzima bakabubura ku mpamvu batikururiye z’ibiza”.

Hakorimana yavuze ko uyu mwaka ufite umwihariko kuko uretse kwibuka abahitanywe n’ibiza, ari n’umwanya wo gusabira Isi amahoro kuko hari ibice byinshi byugarijwe n’intambara.

Ati “Amahoro ni kimwe mu byo umuryango wacu ushyira imbere, niyo mpamvu turi gutanga ubutumwa bw’amahoro, kuzirikana ko amahoro ari yo ya mbere no kurema mu bantu ubumuntu".

Ubuyapani bufatanya n’u Rwanda muri gahunda zitandukanye nko guteza imbere uburezi, kubona amazi meza, ibikorwaremezo, ubuhinzi n’ibindi.

Padiri Paschal Osman Ewuntomah, wasomye Misa, yibukije ko gusabira abapfuye ari umugenzo mwiza wa gikiristu. Icyakora, nta mukiristu ukwiye gutinya urupfu kuko ari inzira ibageza mu bwami bw’Imana.

Ati “Nk’abakiristu nta mpamvu yo gutinya urupfu kuko nidupfa tuzongera kubaho mu ngoma y’Imana kandi aho ntabwo tuzongera kubabara, tuzabaho mu byishimo ibihe byose. Aho Yezu yatubanjirije ni heza niyo mpamvu tutagomba gutinya urupfu”.

Ku itariki ya 11 Werurwe 2011 nibwo habaye umutingito ukomeye cyane uri ku kigereranyo cya 9.0 (magnitude) waje gukurikirwa n’undi wo mu Nyanja uzwi nka Tsunami, byatwaye ubuzima bw’abatari bake.

Uyu mutingito ukomeye watumye habaho iyangirika ry’uruganda rwakorerwagamo amashanyarazi, ibintu byatumye abaturage bo mu gace ka Fukushima uru ruganda ruherereyemo bimurwa.

Kwibuka abarenga ibihumbi 20 bishwe n’ibiza mu Buyapani byabereye muri Chapelle Jésuite Sainte Trinité Kimironko
Padiri Paschal Osman Ewuntomah, wasomye Misa, yibukije ko gusabira abapfuye ari umugenzo mwiza wa gikiristu
Abanyarwanda bifatanyije n'Abayapani mu kwibuka abarenga ibihumbi 20 bishwe n’ibiza mu Buyapani
Mu kwibuka abarenga ibihumbi 20 bishwe n’ibiza mu Buyapani haririmbwe indirimbo zitandukanye z'ihumure
Abanyeshuri batandukanye na bo bifatanyije n'Abayapani mu kwibuka abarenga ibihumbi 20 bishwe n’ibiza mu Buyapani

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .