Amashami y’inganda amaze gufungwa kugeza ubu harimo iry’uruganda Aqua Limited riherereye i Kibagabaga, amashami ya Jibu ya Kabeza, Nonko na Bibare. Hafunzwe kandi ishami ry’uruganda rwa Perfect Water Limited rya Bibare n’iry’uruganda Iriba Limited naryo riherereye muri aka gace ndetse n’irya Sip Kicukukiro Limited.
Umuyobozi ushinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa muri Rwanda FDA, Eric Nyirimigabo, yabwiye RBA ko icyemezo cyo gufunga aya mashami cyafashwe nyuma yo gusanga hari amazi atujuje ubuziranenge.
Ati "Mu byo twapimye twasanze hari ibirengeje ibipimo bigenwa n’itegeko ry’ubuziranenge. Twabagiriye inama yo kureba impamvu yatumye ubwo buziranenge butubahirizwa hanyuma batubwire n’ingamba zafashwe kandi ni inganda nyinshi ntabwo ari Jibu gusa.”
Ubuyobozi bw’uruganda rwa Jibu buvuga ko nubwo hari inganda zafunzwe kubera ko zitujuje ubuziranenge bitavuze ko uru ruganda rwose rwafunzwe cyangwa ko ibihakorerwa byose bitujuje ubuziranenge.
Ati "Mu minsi ishize FDA yakoze igenzura nk’uko isanzwe ibikora ahantu hose isanga, Jibu ifite inganda 57 isanga muri izo dufite enye zirimo ibibazo baba bazifunze kugira ngo zuzuze ibisabwa ariko muri make ntabwo bivuze ko Jibu yafunze, twe turakora twujuje ubuziranenge, kuba tukiri ku isoko bivuze ko ntakibazo dufite."
Rwanda FDA ivuga ko mu gihe izi nganda zizakosora ibyo zasabwe hazongera hagakorwa irindi ryegunzura rizatuma zimwe zifungurirwa ndetse izindi zigafatirwa ibihano bitewe no kudakosora amakosa yabayeho.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!