00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rushobora kohereza abofisiye bahawe kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge muri RDC

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 December 2024 saa 08:02
Yasuwe :

Leta y’u Rwanda yemeye kohereza Abofisiye batatu mu ngabo zarwo bagombaga kujya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu rwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, nyuma y’uko rumazwe impungenge ku mutekano wabo.

Aba Bofisiye bagomba kujya ku cyicaro cy’uru rwego giherereye mu mujyi wa Goma.

Abofisiye b’u Rwanda bagombaga kujya i Goma muri RDC mu gitondo cyo ku wa 9 Ukuboza 2024 kugira ngo batangire imirimo yabo, ariko umuyobozi w’uru rwego abasaba kuba baretse.

Amakuru yizewe IGIHE ifite ashimangira ko aba basirikare b’u Rwanda basabwe kuba baretse kujya muri RDC kubera impungenge ku mutekano wabo, bigendanye n’umwuka mubi uri hagati y’iki gihugu n’u Rwanda.

Kugeza ubu, amakuru ahari ni uko u Rwanda rwamaze kwandikirwa rwizezwa umutekano w’aba basirikare ku buryo mu minsi ya vuba bazoherezwa i Goma.

Uru rwego ruvuguruye rwatangijwe ku mugaragaro n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga ba Angola, u Rwanda na RDC tariki ya 5 Ugushyingo 2024. Rugizwe n’abofisiye 18 bo muri Angola, batatu b’Abanyarwanda na batatu b’Abanye-Congo.

Uru rwego rwatangijwe ku mugaragaro n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga ba Angola, u Rwanda na RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .