00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kayonza: Urubyiruko 500 rweretswe amahirwe rufite ariko rutabyaza umusaruro

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 16 April 2025 saa 11:23
Yasuwe :

Urubyiruko rugera kuri 500 rurimo urwiga mu mashuri yisumbuye, n’ururi mu nzego z’ubuyobozi rweretswe amahirwe adasanzwe rufite arimo ari mu buhinzi n’ubworozi ndetse no kuba rwaravukiye mu gihugu kitarimo ivangura, rusabwa kuyabyaza umusaruro.

Aya mahirwe bayerekewe mu ihuriro ry’urubyiruko 500 rizamara iminsi itatu riri kubera mu Karere ka Kayonza, ririmo abiga mu mashuri yisumbuye, abari mu nzego z’ubuyobozi, abakorerabushake n’abandi batandukanye.

Muri iri huriro bari kwigishwa ku ndangagaciro zikwiriye umuyobozi, kwikemurira ibibazo bikibabangamiye, uruhare rwabo mu gukunda Igihugu no kugiteza imbere, bari kwerekwa amahirwe kandi ari mu nzego zitandukanye bakwiriye kubyaza umusaruro.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yavuze ko uru rubyiruko bifuza kurufasha kumenya amahirwe anyuranye igihugu cyabashyiriyeho n’uko bayabyaza umusaruro mu rwego rwo kwirinda ubushomeri no kwiteza imbere.

Ati “Hari amahirwe anyuranye igihugu giha urubyiruko cyane cyane nko guhabwa amahirwe yo kujya mu nzego zinyuranye zifata ibyemezo, gusa na bo bagomba kuba hari ubumenyi bafite. Hari imishinga ifasha urubyiruko mu buhinzi n’ubworozi, uko bakoresha neza imbuga nkoranyambaga, uko barwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi.’’

Meya Nyemazi yavuze ko muri aka Karere hari imishinga 480 iri mu buhinzi n’ubworozi aho aho hose bakeneye gushyiramo imishinga yabo kugira ngo ifashwe mu kwagurwa no guhabwa inkunga, yavuze ko muri iyi minsi itatu bifuza kububakira ubushobozi ku buryo hari byinshi bahindura mu muryango Nyarwanda.

Nziza Emille yavuze ko kuri ubu amahirwe ya mbere yamenye ari uko igihugu kibitayeho kandi kiteguye kubafasha mu kwiteza imbere.

Ati “Dufite abantu benshi bakuze bakoze ibisa n’ibyo dushaka gukora ariko ugasanga tutabegera, ubu rero nabimenye menya ko nzajya mbigiraho. Andi mahirwe dufite ni ikoranabuhanga, abenshi ntabwo turikoresha ritubyarira inyungu akenshi turikoresha twishimisha ariko hano banyeretse uko naribyaza umusaruro kandi ndizera hari icyo ngiye guhindura.’’

Umutoni Uwase Diane waturutse mu Murenge wa Rwinkwavu, yavuze ko amahirwe bafite batabyaza umusaruro yamenye ari Ayari mu buhinzi n’ubworozi ndetse no kuba baravukiye mu gihugu kitarimo amacakubiri nk’ayo ababyeyi babo bakuriyemo.

Ati “Ubu twe turiga nta muntu utuvangura mu ishuri, turiga nta nta masasu cyangwa ubundi bwicanyi twumva, ayo yose ni amahirwe dukwiriye kubyaza umusaruro ariko twe twabifataga nk’ibintu bisanzwe. Uyu munsi rero tugiye guhinduka dutangire dutekereze byagutse.’’

Umuhoza Divine we yavuze ko amahirwe yamenye ari uko kuba igihugu gifite umutekano akwiriye kubibyaza umusaruro kuruta gutekereza kujya kwiga mu mahanga cyangwa kujya gushakirayo akazi. Yavuze ko kandi agiye kwirinda ibigare bimujyana ahabi.

Biteganyijwe ko uru rubyiruko ruzahugurwa mu minsi itatu aho ruri guhugurwa ku bufatanye bw’Akarere ka Kayonza, Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, uretse urubyiruko rwo mu Karere ka Kayonza hari n’urundi rwagiye ruturuka mu tundi turere.

Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Ubukangurambaga n’Ibikorwa by’Urubyiruko rw’Abakorerabushake, Richard Kubana, ni umwe mu baganirije uru rubyiruko
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yasabye urubyiruko gukoresha neza amahirwe bafite yo kuvukira mu gihugu kitarimo amacakubiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .