Umurambo w’uyu mwana wagaragaye kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Mutarama 2023, uboneka mu Mudugudu wa Nyagaharabuge mu Kagari ka Rukara mu Murenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza.
Amakuru avuga ko ababyeyi b’uyu mwana basanzwe batuye mu Mujyi wa Kayonza mu Murenge wa Mukarange, mu minsi ishize ngo bajyanye uwo mwana mu Murenge wa Rukara kumuvuza ku muvuzi gakondo kuko yari amaze iminsi arwaye.
Nyuma y’iminsi mike bahamugejeje yaje kubura tariki ya 11 Mutarama baramushakisha baramubura.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukara, Nyirabizeyimana Immaculée, yabwiye IGIHE ko umurambo w’uwo mwana wabonywe n’abaturage bahita bahamagara ubuyobozi na bwo bujyana n’inzego z’umutekano kureba.
Ati “ Ahagana saa munani z’amanywa nibwo abaturage babonye umurambo w’uwo mwana w’imyaka irindwi baraduhamagara tujyana n’inzego z’umutekano zirimo na RIB, ni ahantu mu kabande mu mirima ihinzemo ibigori niho twasanze umurambo.Iwabo bari bamuzanye ino aha kumuvuza mu bavuzi ba gakondo bamusigira nyina wabo aza kumucika baramubura none yongeye kugaragara ari umurambo.”
Gitifu Nyirabizeyimana yavuze ko bari bamaze iminsi bamushakisha bakaba babonye umurambo gusa. Yavuze ko inzego zishinzwe ubugenzacyaha zahise zitangiza iperereza kugira ngo hazamenyekane amakuru nyakuri y’icyishe uwo mwana. Umurambo we wajyanywe mu bitaro bya Gahini gukorerwa isuzuma.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!