00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kayonza: Polisi yaburijemo ikwirakwizwa ry’urumogi rupima ibilo 30

Yanditswe na IGIHE
Kuya 23 March 2025 saa 08:46
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Kayonza, yaburijemo igikorwa cyo gukwirakwiza ikiyobyabwenge cy’urumogi rungana n’ibilo 30, rwafatanywe umugabo w’imyaka 40 y’amavuko.

Uyu mugabo yafashwe aruhetse kuri moto yo mu bwoko bwa TVS, ifite nimero RG 852 V, mu Murenge wa Kabare, Akagari ka Rubumba mu Mudugudu wa Gakenyeri, ahagana Saa Tatu z’ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 21 Werurwe.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, yavuze ko yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Ati “Abaturage batanze amakuru ko hari moto bakeka ko ishobora kuba ipakiye urumogi, kuko ako gace gasanzwe n’ubundi ari inzira barunyuzamo. Abapolisi bahise bajyayo basanga koko uwo mugabo amaze kurukura mu shyamba ryari hafi aho, ruri mu mufuka yari yahambiriye kuri moto.”

Yakomeje avuga ko “Uyu mugabo yavuze ko urwo rumogi rupima ibilo 30 rwari ruturutse mu gihugu cy’abaturanyi cya Tanzania, ariko ntiyavuga uwarumuzaniye akarushyira muri iryo shyamba n’aho yari agiye kurujyana."

SP Twizeyimana yaburiye abagishakira amaronko mu gukwirakwiza ibiyobyabwenge ko bakwiye kubivamo bagakora imirimo yemewe n’amategeko kuko nta mahirwe bazabigiriramo, ahubwo bazakomeza gufatwa ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano, inzego z’ibanze n’abaturage bagashyikirizwa ubutabera.

Yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye urwo rumogi rufatwa rutarakwirakwizwa, aboneraho gusaba n’abandi kujya batanga amakuru y’uwo ari we wese babicyetseho kimwe n’ibindi byaha kugira ngo bikumirwe.

Uyu mugabo yashyikirijwe Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) kuri Sitasiyo ya Ndego kugira ngo akorerwe dosiye izashyikirizwa Ubushinjacyaha.

Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko atarenze 30.000.000 Frw.

Polisi yaburijemo ikwirakwizwa ry’urumogi rupima ibilo 30

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .