00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kayonza: Ibibanza birenga ibihumbi 28 ntibyanditswe muri serivisi z’ubutaka

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 22 May 2025 saa 09:11
Yasuwe :

Ikigo gishinzwe Ubutaka ku bufatanye n’Akarere ka Kayonza cyatangije gahunda izamara amezi ane yo gukosora imbibi z’ubutaka no kwandika ibibanza birenga ibihumbi 28 bitanditswe, nyuma y’aho abaturage benshi binubiraga gusorera ubutaka butari ubwabo bwanditswe kuri Leta.

Ni gahunda yatangijwe kuri uyu wa Kane tariki ya 22 Gicurasi 2025, ubwo Ikigo gishinzwe Ubutaka, ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza ndetse n’umuryango utegamiye kuri Leta wa Landesa, batangizaga gahunda yo gukosora imbibi z’ubutaka izamara amezi ane.

Akarere ka Kayonza gafite ibibanza bitabaruye ndetse bitazwiho amakuru bigera ku 28.527. Imirenge ya Rukara, Murundi, Nyamirama na Kabarondo ni yo iza imbere mu kugira iki kibazo.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubutaka, Nishimwe Marie Grace, yavuze ko muri Kayonza bagiye gukora ibintu bibiri by’ingenzi bikemura ibibazo abaturage bari bafite mu mbibi z’ubutaka.

Ati “Hari abantu babonye ibyangombwa ariko ugasanga hari ibigomba gukosorwamo, abo ngabo tugiye kubakorera kugira ngo ufite imbibi zidahuye tubikosore. Icya Kabiri hari abantu batagize amahirwe yo kwandikisha ubutaka mu gihe icyo gikorwa cyari kiri gukorwa abo na bo tuzabageraho kugira ngo babone ibyangombwa.’’

Nishimwe yakomeje avuga ko 90% ibibazo byari biri muri serivisi z’ubutaka bizeye ko bigiye gukosorwa kuko ibyinshi abaturage baba bafite bishingiye ku mbibi z’ubutaka, ku bantu batari barandikishije ubutaka bwabo ndetse n’ikibazo cy’abatari bakora ihererekanya n’abo baguze ubutaka.

Mukarushema Christine utuye mu Mudugudu wa Kivugiza, yavuze ko hari ukuntu bafotora isambu y’umuntu igafata n’iy’umuturanyi, ubutaka bukinjira mu bundi ku buryo kugira ngo icyo kibazo gikemurwe bigorana cyane. Yasabye ubuyobozi kubafasha mu gukemura ayo makimbirane kuko ari amwe mu yari ahantu henshi.

Gahongayire Rehema we yagize ati “Hari ahantu bagiye bakata imihanda ugasanga ya mihanda turayisorera kandi Leta yaramaze gutwara ubwo butaka, turifuza ko Leta itwegere bakadufasha mu gukosoza ibyo byangombwa.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yasabye abaturage kwitabira iki gikorwa cyo gukosoza imbizi z’ubutaka n’ibindi byangombwa byose kuko ari amahirwe babonye kandi atazapfa kugaruka.

Biteganyijwe ko uyu muryango wa Landesa n’Ikigo gishinzwe Ubutaka bazakorera mu turere twa Kirehe, Kayonza na Nyagatare mu gukemura ibibazo byose bishingiye ku butaka.

Ibibanza birenga ibihumbi 28 byo mu Karere ka Kayonza ntibyanditswe
Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubutaka, Nishimwe Marie Grace, yavuze ko bifuza gukemura ibibazo biri mu butaka ku kigero cya 90%
Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco, yasabye abaturage kwitabira iki gikorwa kuko ari amahirwe babonye mu gukemura ibibazo biri mu butaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .