00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kayonza: Hibutswe Abatutsi bishwe bakajugunywa mu bisimu byacukuwe n’Ababiligi

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 13 April 2025 saa 11:43
Yasuwe :

Abaturage bo mu Murenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bahuriye mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi, by’umwihariko hibukwa Abatutsi benshi bishwe bakajugunywa mu birombe byacukuwe n’Ababiligi, barimo n’abo imibiri yabo itigeze iboneka.

Iki gikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki ya 13 Mata 2025, mu muhango watangijwe no guha icyubahiro imibiri 4000 iri mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Rwinkwavu.

Nyuma y’aho hakurikiyeho igikorwa cyo guha icyubahiro imibiri y’Abatutsi biciwe mu birombe bya Rwinkwavu aho no gukuramo imibiri yabo byananiranye bituma hashyirwa ikimenyetso nka hamwe mu hiciwe Abatutsi benshi babanje no gushinyagurirwa.

Munyeragwe Jean Claude uri mu barokokeye i Rwinkwavu, yavuze ko aka gace kacukurwagamo amabuye y’agaciro n’Ababiligi kuva mu 1932 ari na bo bacukuye ibisimu binini cyane byajugunywemo Abatutsi benshi muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Jenoside iba rero ibyo birombe byacukuwe n’Ababiligi ni byo Interahamwe zifashishije cyane kubera ubwicanyi ndengakamere kugira ngo batemo imiryango y’abantu bacu, kugira ngo hatazagira n’uburyo bwo kubakuramo bushoboka babatagamo bakanabisiba.’’

Yakomeje agira ati “Babikoranye ubugome cyane kuko kuva mu 1995 Jenoside igihagarikwa ntako Leta y’Ubumwe itagize ngo dukuremo aba bantu ariko byarananiranye kugeza n’ubu. Twageze aho dufata umwanzuro w’uko ubwo tutababona twakwiyakira ibi bisimu tukabifata nk’urwibutso ari nayo mpamvu tuza kuhibukira.’’

Munyeragwe yavuze ko muri ibi bisimu hakuwemo abantu babiri bakiri bazima mu gihe hari imiryango myinshi y’Abatutsi bahiciwe bakabajugunyamo ku buryo imibiri yabo itigeze igaragara na n’ubu.

Komiseri wa Ibuka ku rwego rw’Igihugu, Ndatsikira Evode, yihanganishije imiryango yaburiye ababo muri Rwinkwavu, ntinababone ngo bashyingurwe mu cyubahiro kubera ubugome bukabije bicanwe.

Ati “Umuryango wa Ibuka usanga kwibuka ari umusingi abenegihugu bubakiraho kuko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abayikoze, abavutse nyuma n’abandi bafunzwe bakarangiza ibihano twese duhurira aha tukamenya amateka.’’

Depite Mushimiyimana Lydia, yagaye bikomeye ubuyobozi bubi butabungabunze ubuzima bw’abaturage bari bayoboye ahubwo bagakangurira ubwoko bumwe kwica ubundi mu bugome bukabije. Yashimiye Inkotanyi zabohoye igihugu zigasubiza ubuzima buri wese kuri ubu buri munyarwanda akaba afite umutekano urambye.

Ati “Ikindi kimenyetso kigaragaza ubugome ndengakamere ni uburyo abishwe bashinyagurirwaga haba mbere yo kwicwa, uburyo bicwagamo na nyuma yo Kubica. Hari abajugunywe mu misarane, hari abatawe mu bisimu, hari abatswitswe, abariwe ibice bigize imibiri yabo, ibi byose byakozwe mu rwego rwo gutinya ko hagira urokoka.’’

Depite Mushimiyimana yashimiye Leta y’u Rwanda yagaruye ubumwe mu Banyarwanda, igashyira umuturage ku isonga kandi igaharanira iterambere rya buri wese. Yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi avuga ko kuri ubu bari mu gihugu kirimo ukwishyira ukizana.

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Rwinkwavu rushyinguyemo imibiri 4000 y’Abatutsi biciwe muri Rwinkwavu cyane cyane mu bice byacukurwagamo amabuye y’agaciro.

Ibisimu byacukurwagamo amabuye y’agaciro muri Rwinkwavu byajugunywemo Abatutsi benshi
Ibisimu byatawemo Abatutsi kuri ubu byashyizweho ikimenyetso
Hibutswe Abatutsi bajugunywe mu birombe byari byaracukuwe n'Ababiligi mu Rwinkwavu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .