00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: Umurambo w’uruhinja watoraguwe mu gikapu

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 26 Mutarama 2023 saa 06:15
Yasuwe :

Mu murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi hatoraguwe umurambo w’uruhinja uri mu gikapu.

Uyu murambo watoraguwe mu mudugudu wa Kabeza mu kagari ka Kibilizi kuri uyu wa 26 Mutarama 2023.

Ababonye uyu murambo, bavuga ko ushobora kuba watawe n’umwe bagore bicuruza kuko aho watoraguwe hari akabari kandi akabamo abagore benshi bicuruza.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kibilizi, Habimana Viateur yabwiye IGIHE ko uyu murambo wabonywe n’umukozi wari ugiye kumena imyanda mu kimpoteri.

Ati “Turakeka ko uyu mwana yatawe mu gitondo kuko yabonetse saa tanu z’amanywa.”

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB bakimenya aya makuru, bageze aho uyu murambo wabonetse batangira iperereza.

Umurambo w’uru ruhinja wajyanywe ku Bitaro bikuru bya Kibuye gukorerwa isuzuma.

Aha niho umurambo w'uruhinja wabonetse

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .