00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: Imiryango 100 y’abarokotse Jenoside batishoboye igiye kubakirwa

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 10 March 2025 saa 08:47
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwatangaje ko ku bufatanye n’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere, JADF, bugiye kubakira imiryango irenga 100 y’abatishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu isesengura ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buherutse gukora bwasanze mu mirenge 13 igize aka karere hari abarokotse Jenoside batishoboye bagera kuri 369 badafite aho kurambika umusaya.

Muri aba harimo abubakiwe byihuse Jenoside igihagarikwa, kuri ubu inzu zabo zikaba zarashaje.

Perezida wa Komisiyo y’imiyoborere myiza muri JADF y’Akarere ka Karongi, Nyamurinda Protais, yavuze ikibazo cy’amacumbi y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye, bakigejejweho n’Akarere mu nteko rusange y’abafatanyabikorwa yabaye mu 2024, icyakora ntibakiganiraho mu buryo burambuye kuko umwanya wari muto.

Ati "Twakiganiriyeho mu mwiherero w’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere wabaye ku wa 06-07 Werurwe 2025, abafatanyabikorwa bagira ibyo biyemeza kugira ngo bagenzi bacu batagira aho kuba babe babonerwa amacumbi na bo babeho neza".

Muri uyu mwiherero buri mufatanyabikorwa yagaragaje umusanzu azatanga kugira ngo iki kibazo gikemuke, birangira habonetse ubushobozi bwo kubakira imiryango irenga 100.

Perezida w’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, mu Karere ka Karongi, akaba n’Umuyobozi w’Agateganyo w’Inama Njyanama y’aka Karere, Ngarambe Vedaste, yashimye ubwitange bw’abagize JADF, yemeza ko ikibazo cy’amacumbi y’abarokotse Jenoside, mu mirenge itandatu muri 13 igize akarere, kigiye gukemuka.

Ati “Ikivuyemo ni uko tubonye inzu zisaga 100, abafatanyabikorwa biyemeje kubaka muri uyu mwaka turimo. Ni igikorwa cyiza cyane twishimira. Buri wese yatanze uruhare rwe. Ubu habonetse inzu z’Abarokotse Jenoside mu mirenge itandatu.”
Isesengura Akarere ka Karongi kari kakoze ryagaragaje ko gakeneye miliyari 2,3 Frw zo kubakira imiryango 369 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi idafite aho kuba.

Ihuriro ry'abafatanyabikorwa mu iterambere ry'Akarere ka Karongi ku bufatanye n'akarere rigiye kubakira imiryango irenga 100 y'abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .