00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: Hegitari 4000 zigiye kwagurirwaho ubuhinzi bw’icyayi

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 5 April 2025 saa 03:21
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwatangaje ko bugiye gutera icyayi kuri hegitari nshya 4000 bitarenze imyaka itanu iri imbere mu rwego rwo kongera umusaruro w’icyayi mu bwiza no mu bwinshi.

Ni igikorwa giteganyijwe mu mirenge ya Murundi, Gashari, Ruganda n’agace ka Murambi isanzwe izwiho kugira umusaruro muke ku bindi bihingwa bitewe n’uko hari ubutaka busharira.

Byatangarijwe mu Murenge wa Rugabano mu Karere ka Karongi ku wa 04 Mata 2025, mu gikorwa cyo gusoza amahugurwa y’ishuri ryo mu murima no guha impamyabushobozi abahinzi b’icyayi 598 bamaze umwaka biga guhinga icyayi kinyamwuga.

Mu byo bize harimo gutunganya umurima, gutera icyayi, kugikata, kukibagara, kugisoroma ndetse banagerekaho amahugurwa ajyanye n’ubworozi bw’inkoko n’imicungire y’imari.

Mugiraneza Pierre wahawe ayo mahugurwa waturutse mu Murenge wa Murundi, yavuze ko yatumye abona ko hari amakosa yakoraga mu buhinzi bw’icyayi bigatuma atabona umusaruro ushimishije.

Ati "Nasanze narakererwaga kugikata nkanashyiraho ifumbire nyinshi, ngiye kujya nterera ifumbire ku gihe kandi nizeye ko bizampa umusaruro ushimishije”.

Uyu muhinzi ufite umurima wa hegitari eshatu ariko akaba yari yarahinze icyayi kuri hegitari 1,5 mu kugerageza, avuga ko nyuma yo guhugurwa agiye kongera ubuso yahinzeho icyayi.

Umuyobozi wa Rugabano Outgrowers Services Company (ROS), ikigo cyatanze ayo mahugurwa, Havugimana Callixte, avuga ko bashyizeho ishuri ryo mu murima nyuma yo kubona ko ubuhinzi bw’icyayi budakozwe kinyamwuga butuma umuhinzi asarura kimwe cya kabiri cy’umusaruro yakabaye asarura.

Ati “Iki ni icyiciro cya kane, abasoje amasomo uyu munsi ni 598, abo tumaze guhugura ku buhinzi bw’icyayi bw’umwuga bose hamwe barenga 1800”.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Muzungu Gerald, avuga ko bahisemo gushyira imbaraga mu buhinzi bw’icyayi kubera ko Karongi ari aka karere gafite ubutaka busharira, kandi ubwo butaka bukaba ari bwo bwiza ku buhinzi bw’icyayi.

Avuga ko kuba mu bahinzi b’icyayi bahawe amahugura y’ishuri ryo mu murima, bizihutisha gahunda akarere gafite yo kwagura ubuso buhinzweho icyayi bukiyongeraho hegitari 4000 mu myaka itanu iri imbere.

Ati "Iriya mirenge niyo twumvikanye ko bazagurira ubuso, bakoze ikarita bategereje ko NAEB ibasubiza ibemerera kugira ngo batangire".

Kugeza ubu mu Karere ka Karongi habarizwa inganda eshatu zirimo urwa Rugabano, urwa Karongi n’urwa Gisovu, zitunganya toni 4000 z’icyayi.

Akarere ka Karongi kungutse abahinzi b'icyayi b'umwuga 598
Abitabiriye ishuri ryo mu murima bahawe imyabushobozi
Hegitari 4000 zo mu Karere ka Karongi zigiye guterwaho icyayi
Meya Muzungu yasabye abahinzi b'icyayi kugihinga kinyamwuga
Havugimana Callixte avuga ko ubuhinzi bw'icyayi budakoze kinyamwuga butuma umuhinzi asarura kimwe cya kabiri cy'umusaruro yari kuzabona

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .