00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karongi: Hari njyanama z’utugari n’imirenge zidakora kubera insimburamubyizi

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 2 April 2025 saa 08:31
Yasuwe :

Hari bamwe mu bagize Inama Njyanama z’utugari n’imirenge byo mu Karere ka Karongi badaterana ngo bakore inshingano zabo abandi bagaterana inshuro ziri munsi y’izagenwe, bitewe n’ikibazo cyo kudahabwa insimburamubyizi bagenerwa.

Bamwe mu bagize izo Nama Njyanama baganiriye na RBA bagaragaje ko haba ubwo hashakwa ubundi buryo ibitekerezo byabo bitangwamo mu gihe bakabaye baterana bakabyigaho imbonankubone.

Mudahinyuka Jean Salvator uyoboye Inama Njyanama y’Akagari ka Rufungo mu Murenge wa Rugabano yavuze ko Inama Njyanama yabo iheruka guterana kera.

Yagize ati “Akenshi abajyanama ujya kubabwira ngo dukore inama bati reka reka, bitwaje agasimburamubyizi bemerewe bakaba batakabona. Duheruka guterana turi kubaka ibiro by’akagari ariko nyuma bagiye baza biguruntege kuko hari igihe twabatumije ngo tujye kureba abacitse ku icumu bazasanirwa inzu ariko mu bantu 15 haje batanu gusa. Urebye ntabwo ziba pe.”

Mudahinyuka yavuze ko mu gihe Inama Njyanama yari ikenewe ku kagari ntiboneke cyangwa hakaboneka bake cyane mu bayigize biba ngombwa ko abasanga aho bari akajya yumva ibitekerezo byabyo umwe umwe nyuma akibishyikiriza akagari.

Bwanacyira Dominique uri mu bagize Inama Njyanama y’Akagari ka Burunga muri Bwishyura we yavuze ko baterana uko biteganyijwe ariko avuga ko insimburamubyizi bagenerwa abona ikwiye kongerwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Muzungu Gérard, yabwiye IGIHE ko ikibazo cy’Inama Njyanama zidakora n’izidakora uko bikwiye bakimenye bagasanga giterwa n’amikoro make y’ako karere gusa ko ubu bari mu nzira yo kugikemura.

Yagize ati “Muri rusange biterwa n’ubushobozi buke bw’akarere kubera ibindi bibazo biba bihari. Twakoze inama dusanga Njyanama si hose zidakora ahubwo ntizigenda zubahiriza inshuro zigomba guterana kubera ubwo bushobozi buke.”

Yakomeje ati “Amafaranga y’insimburamubyizi bahabwa aba ateganyijwe ariko ava mu misoro, rero iyo itabonetse [uko bikwiye] bituma hari ibintu byinshi bidakorwa kuko ava ku ngengo y’imari y’akarere. Mu ngengo y’imari y’umwaka utaha guhera muri Nyakanga 2025 Njyanama zose zizaba zikora uko bikwiye.”

Amategeko agena ko abagize Inama Njyanama z’imirenge n’utugari baterana inshuro imwe mu mezi abiri cyangwa ikindi gihe cyose bibaye ngombwa.

Hari zimwe mu Nama Njyanama z'utugari n'imirenge byo muri Karongi zidakora uko bikwiye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .