00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Umuturage yaketsweho gutera grenade mu rugo rwa mugenzi we agahita atoroka

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 15 January 2025 saa 11:10
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwatangaje ko umuturage ukekwaho gutera grenade mu rugo rw’umuturanyi we amushinja kugirana umubano wihariye n’umugore we, agishakishwa ngo aryozwe ibyo byaha.

Uwo muturage ukekwaho icyaha yateye grenade mu rugo rwa mugenzi we mu ijoro ryo ku wa 13 Mutarama 2025, mu Murenge wa Mugina.

Bivugwa ko uwateye grenade yigeze kuba umusirikare yari afitanye amakimbirane n;umuturanyi we, akeka ko agirana umubano wihariye n’umugore we.

Gusa nta muntu wakomerekejwe n’iyo grenade kuko bose bari mu nzu, ariko ngo yangije urugi rw’inzu.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Dr. Nahayo Sylvere, yahamirije IGIHE ko kugeza kuri uyu wa 15 Mutarama, Nkurikiyingoma yari ataraboneka, bityo agishakishwa.

Kugeza ubu ntiharamenyekana aho uyu muturage yakuye gerenade yifashishije ajya gutera urugo rw’umuturage mugenzi we.

Minisiteri y’Umutekano Imbere mu gihugu iherutse gutanganza ko gutunga intwaro nto zirimo imbunda na grenade mu buryo bunyuranye n’amategeko mu Rwanda biri ku kigero cyo hasi cyane kuko nta n’ahantu bijya bipfa kugaragara byakoreshejwe mu rugomo cyangwa ubujura.

Gerenade yatewe mu rugo rwa Muganza nta muntu yakomerekeje

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .