00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Polisi yataye muri yombi 35 bakekwaho ubujura n’ibindi byaha

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 5 March 2025 saa 08:40
Yasuwe :

Polisi ikorera mu Karere ka Kamonyi, yatangaje ko yataye muri yombi abantu 35 bakekwaho ubujura n’ibindi byaba bibangamiye umutekano muri ako karere.

Byabaye ku wa 3 no ku wa 4 Werurwe 2025, aho mu Polisi yafashe abantu 24 mu Murenge wa Gacurabwenge ndetse n’abandi 11 mu Murenge wa Ngamba bakekwaho ubujura n’ibindi bikorwa bibi.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye IGIHE ko Polisi yafashe abakekwaho kugira uruhare mu byaha, ati ”Ubu bose bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rukoma.”

SP Habiyaremye yashimiye abaturage batanga amakuru y’ahavugwa ibyaha, abasaba gukomeza ubwo bufatanye kugira ngo bahashye abanyabyaha babangamira ituze n’umudendezo by’abaturage.

Itegeko riteganya ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1 Frw ariko itarenze miliyoni 2 Frw.

Uwahamijwe iki cyaha kandi, ashobora gutegekwa gukora imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .