00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Polisi yafunze umugabo ukekwaho gutema umugore we

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 5 March 2025 saa 10:45
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi Nsengiyumva Jean Bosco w’imyaka 58, akekwaho gukubita no gukomeretsa umugore we akoresheje umupanga, aho yamutemye ibice bitandukanye by’umubiri birimo amaboko n’amabere.

Uyu mugabo wo mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Runda, Akagari ka Kagina, mu Mudugudu wa Kagina yatawe muri yombi ku wa 4 Werurwe 2025.

Ku bw’amahirwe uyu mugore ntiyapfuye, ubu akaba ari kwitabwaho n’abaganga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yatawe muri yombi naho umugore we akaba yajyanywe mu Bitaro bya Remera Rukoma.

Ati “Arakekwaho gukubita no gukomeretsa umugore we akoresheje umupanga, yafashwe ndetse afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda kugira ngo akurikiranwe mu mategeko.”

SP Habiyaremye yaboneyeho kwibutsa abaturage ko nta n’umwe uzijandika mu byaha ngo birangirire aho, kuko Polisi ihora iri maso, yiteguye gushyikiriza amategeko uwakoze icyaha wese ngo abihanirwe by’intangarugero.

Nsengiyumva Jean Bosco afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Runda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .