00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kamonyi: Ikigo Nderabuzima cya Musambira cyibasiwe n’inkongi

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 12 March 2025 saa 01:45
Yasuwe :

Inyubako z’Ikigo Nderabuzima cya Musambira giherereye mu Mudugudu wa Mbari, Akagari ka Karengera, mu Murenge wa Musambira, mu Karere ka Kamonyi, cyafashwe n’inkongi y’umuriro, yangiza inyubako zacyo n’ibikoresho bitandukanye.

Byabaye mu masaha ya saa Mbiri y’iki gitondo cyo ku wa 12 Werurwe 2025, aho byinshi mu bice bigize iki kigo nderabuzima byakongotse birimo isuzumiro, aho abarwayi barwariraga (ibitaro), ibiro by’umukozi ushinzwe amakuru (Data manager) n’ahandi.

Bamwe mu batuye hafi y’iki kigo nderabuzima bavuze ko babonye umwotsi mwinshi ucumba, bumva abari mu kigo imbere barimo n’abagiye kwivuza bavuza induru ko ikigo nderabuzima gihiye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musambira, Nyirandayisaba Christine, yabwiye IGIHE ko iyi nkongi yangije cyane iki kigo nderabuzima, gusa ngo ku bw’amahirwe nta muntu wahaburiye ubuzima cyangwa ngo akomereke.

Ati “Hatangiye hashya mu isuzumiro, bikomereza ahakorera umukozi ushinzwe imibare mu kigo ndetse n’aho abarwayi babaga baryamye twita ibitaro. Urebye hangiritse cyane.”

Yakomeje avuga ko nta muntu wakomerekeyemo kuko abarwayi barimo bose bahise babasohora.

Gitifu Nyirandayisaba yavuze ko inyubako yose isanzwe iri mu bwishingizi, bityo ko ibyangiritse byose bizishyurwa.

Ubwo ivuriro ryarimo rishya, bimwe mu bikoresho bagerageje kubisohora
Ibisenge byakongotse bitangira no kuroboka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .