Mu ntangiriro z’iki cyumweru, imirwano yaciye ibintu mu bice bitandukanye bya Syria, nyuma y’uko umugabo uvugwaho kuba mu bafite imyemerere y’Aba-Druze, yumvikanye anenga Intumwa y’Imana, Muhammad.
Iyi mirwano yaje guhosha, gusa bigakekwa ko Leta ya Syria ishyigikira Aba-Islam bashyamirana n’Aba-Druze. Abafite iyi myemerere bangana na 3% by’abaturage ba Syria, ndetse bigeze kumvikana basaba Israel kubarinda.
Israel yavuze ko itazemera ko abaturage bamwe bahohoterwa, gusa Leta ya Syria yanenze iby’iki gitero, ivuga ko Israel ishaka ko ibibazo by’imbere muri Syria bivugwa ku rwego mpuzamahanga, nyamara byaranakemutse.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!