00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ishyaka PDI ryamaganye umugambi wa RDC n’u Burundi wo gutera u Rwanda

Yanditswe na Ntabareshya Jean de Dieu
Kuya 17 February 2025 saa 03:33
Yasuwe :

Ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi, PDI, ryamaganye imigambi mibi ku Rwanda n’Abanyarwanda icurwa na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abafatanyabikorwa bayo barimo Ingabo z’u Burundi n’izindi zo mu bihugu bimwe bya SADC, bakorana n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 bo mu mutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Ubuyobozi bw’iryo shyaka bwabigarutseho ku wa 16 Gashyantare 2025 mu nama ya Biro Politiki, aho ryanaganiriye ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’ingaruka zacyo ku Rwanda.

Ryagaragaje ko ibyo bihugu byamaze kugaragaza inshuro nyinshi ko bifite umugambi wo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda bityo ko ari ingenzi kwamagana uwo mugambi mubisha.

Itangazo rikomeza rigira riti “PDI yamaganye ubufatanye bwa RDC, u Burundi na bimwe mu bihugu bya SADC bukomeza gutuma FDLR ikorana n’ingabo z’ibyo bihugu muri gahunda yo guhungabanya umutekano n’ubusugire bw’u Rwanda.”

PDI kandi yamaganye ibihugu by’i Burayi bikomeje gukangisha gufatira u Rwanda ibihano mu gihe bikomeje guceceka bikirengagiza ikibazo cy’ibihugu bikorana na FDLR isanzwe ari Umutwe w’iterabwoba, ku bwicanyi buganisha kuri Jenoside bukorerwa Abanye-Congo b’Abatutsi bavuga i Kinyarwanda mu bice bya Kivu y’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.

Ryakomeje rishimira Perezida Paul Kagame kuri politiki ihamye, yubatse inzego z’umutekano z’u Rwanda harimo n’Ingabo z’Igihugu, RDF, zabaye iz’umwuga kandi zubakiwe ubushobozi bukwiye.

Ryashimiye kandi Ingabo z’u Rwanda zubatse ubwirinzi buhamya bwanashoboye gukumira bimwe mu bisasu byaraswaga ku Rwanda biturutse muri RDC bigatuma bitangiza byinshi.

Riti “PDI irashimira RDF ku buhanga n’ubushobozi yagaragaje mu gukumira ibyago byari byagambiriye gusenya u Rwanda biturutse muri Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo.”

PDI irangajwe imbere na Sheikh Mussa Fazil Harerimana ryagaragaje ko rishyigikiye byimazeyo ingamba z’ubwirinzi zafashwe n’u Rwanda.

Ryasabye Abanyarwanda bose aho bari gukomeza kwamagana abifuriza u Rwanda inabi himakazwa umuco wo kwihesha agaciro no kwishakamo ibisubizo.

Bamwe mu banyamuryango b'ishyaka PDI
Sheikh Mussa Fazil Harerimana ni we uyoboye ishyaka Ntangarugero muri Demokarasi
Abayobozi b'Ishyaka PDI bamaganye umugambi wa RDC ku Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .