00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ishimwe ry’abarokotse Jenoside b’i Karongi bamaze kubakirwa inzu zirenga 1800

Yanditswe na Nsanzimana Erneste
Kuya 9 April 2025 saa 07:13
Yasuwe :

Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Karongi bashimira ubuyobozi bw’igihugu ku ngamba bwafashe zo guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside no kububakira ubushobozi, aho bamaze kubakirwa inzu 1850 no guhabwa inka zikabakaba 1000.

Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Karongi, Ngarambe Vedaste, yabitangarije ku Rwibutso rwa Gatwaro mu Murenge wa Bwishyura ahatangirijwe ku rwego rw’Akarere icyumweru cy’icyumano n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ahubatswe Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Gatwaro hari sitade. Yahungiyemo Abatutsi baturutse mu Karere ka Rutsiro no mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Karongi, abenshi muri bo bahicirwa n’Interahamwe.

Ngarambe avuga ko kuba uyu munsi aho hantu hubatse urwibutso ari ukwereka urupfu ko rwatsinzwe, bityo ko abarokotse Jenoside bakwiye kumwenyura kuko Perezida Paul Kagame yabijeje ko batazongera kwicwa.

Ati “Aho twabashije kumenya ko mu myaka itatu ishize abarokotse Jenoside bubakiwe inzu 1850, bahawe inka zikabakaba 1000, bafashwa no gutangiza imishinga 250. Muri iyi myaka itatu turashima cyane”.

Ngarambe avuga ko nubwo hari intambwe yatewe mu kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, urugendo rugihari kuko kuri ubu habarurwa abagera kuri 359 bakeneye kubakirwa.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Ntibitura Jean Bosco, yijeje abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi badafite amacumbi ko gahunda yo kubabarura yarangiye ndetse no kububakira bikaba byaratangiye.

Ati “Ntabwo inzu zose zabonekera rimwe ariko muri gahunda zose zitegurwa na Leta, kubakira abarokotse Jenoside ni igikorwa gikomeza, ni igikorwa kandi Leta y’u Rwanda ishyizeho umutima kandi twizera ko igihe kizagera bose bakaba bubakiwe.”

Urwibutso rwa Jenoside rwa Gatwaro rushyinguwemo imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside barenga ibihumbi 15, biciwe n’Interahamwe muri Sitade ya Gatwaro no mu nkengero zayo.

Urwibutso rwa Jenoside rwa Gatwaro rushinguwemo abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi barenga ibihumbi 15
Perezida wa IBUKA mu Karere ka Karongi, Ngarambe Vedaste yashimye imbaraga zishyirwa mu kubakira ubushobozi abarokotse Jenoside batishoboye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .