00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inyungu ya BPR Bank Rwanda Plc yageze kuri miliyari 29,7 Frw

Yanditswe na Ndahayo Emmanuel
Kuya 27 March 2025 saa 01:02
Yasuwe :

Inyungu ya BPR Bank Rwanda Plc yageze kuri miliyari 29,7 Frw nyuma yo kwishyura umusoro mu 2024, izamuka rya 14,7% ugereranyije n’inyungu ya miliyari 25,9 Frw iyi banki yari yungutse mu 2023.

Mbere yo kwishyura umusoro, iyi banki yungutse 43,1 Frw mu 2024, izamuka ryatewe n’ibikorwa by’iyi banki birimo guteza imbere ikoreshwa ry’ikoranabuhanga ndetse no kwegera abakiliya.

Iyi nyungu yagizwemo uruhare n’izamuka ry’inyungu yakwa ku nguzanyo iyi banki itanga, yazamutseho 23%, ikagera kuri miliyari 80,3 Frw.

Hagati aho, amafaranga abitswa n’abakiliya nayo yazamutseho 13% agera kuri miliyari 757,1 Frw. Ibi kandi byajyanye n’izamuka rya 8% ku nguzanyo iyi banki itanga, zageze kuri miliyari 620,6 Frw, ibigaragaza uruhare rw’iyi banki mu iterambere ry’u Rwanda.

Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Patience Mutesi, yavuze ko iyi banki yagize inyungu ishimishije bitewe no kongera imbaraga mu mikoranire n’ibigo bito n’ibiciriritse.

Ati “Inyungu twagize ishimangira urwego duriho ku isoko. Inyungu ya mbere y’umusoro yageze kuri miliyari 43,1 Frw, ibigaragaza izamuka rishimishije mu bucuruzi bwacu. Iri zamuka ryagizwemo uruhare n’izamuka rya 23% yaturutse ku nyungu yakwa ku nguzanyo, izamuka ry’inguzanyo dutanga mu bigo bito n’ibiciriritse ndetse n’ishoramari twakoze.”

Yashimangiye ko uyu mwaka, iyi banki yashyize imbaraga mu guteza imbere ikoranabuhanga, gukorana n’ibigo bito n’ibiciriritse ndetse no kongera imbaraga muri gahunda yo gutera inkunga imishinga y’iterambere rirambye, itangiza ibidukikije.

Ati “Twishimiye ahazaza kandi dufite intego yo gutanga serivisi gukorana neza n’abakiliya bacu, abanyamigabane ndetse n’umuryango mugari dukorera.”

Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya BPR Bank Rwanda Plc, George Rubagumya, yavuze ko abanyamigabane bazagabana 13,7% by’inyungu iyi banki yinjije, nyuma yo kwishyura imisoro.

Ati “Umusaruro ushimishije twagize watumye Inama y’Ubutegetsi isaba ko amafaranga yishyurwa inyungu ku migabane.”

Ni ubwa mbere iyi banki igiye kwishyura imigabane ku banyamigabane bayo, aho izakoresha 13.7% by’inyungu bya miliyari 29,7 Frw iyi banki yungutse nyuma y’umusoro.

Ku rundi ruhande, umutungo rusange umaze kugera ku gaciro ka miliyari 971,8 Frw.

Umuyobozi Mukuru wa BPR Bank Rwanda Plc, Patience Mutesi, yavuze ko iyi banki yagize inyungu ishimishije bitewe no kongera imbaraga mu mikoranire n’ibigo bito n’ibiciriritse
Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya BPR Bank Rwanda Plc, George Rubagumya, yavuze ko abanyamigabane bazagabana 13,7% by’inyungu iyi banki yinjije, nyuma yo kwishyura imisoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .