00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inteko y’Umuco yatangije gahunda yo guhuza abasomyi n’abanditsi b’ibitabo (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 7 December 2024 saa 06:01
Yasuwe :

Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubwanditsi mu Rwanda no gushishikariza abantu gukunda umuco wo gusoma, Inteko y’Umuco yatangije gahunda yo guhuza abanditsi b’ibitabo n’ababisoma.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Nizeyimana Jean Claude, Umuyobozi w’Inkoranyabitabo y’Igihugu (National Library) iri mu nshingano z’Inteko y’Umuco, yavuze ko guhera ku wa 28 Ugushyingo 2024, batangije imurikabikorwa rya serivisi z’inzu y’ibitabo y’igihugu, ari na yo yashibutsemo gahunda yo guhuza abanditsi n’abasomyi.

Ati “Tugira ahantu abantu badakunze kugera, hari ibitabo bya kera, ibitaboneka, ibinyamakuru n’ibindi byose biri mu murage w’igihugu abantu batajya bageramo. Tubategurira uwo munsi kugira ngo bahinjire, bamenye ibyo dufite kuko nubwo tubibitse tuba dushaka ko n’abantu babikoresha. Iyo ni inshingano ya mbere.”

Yakomeje avuga ko kubera ko mu nshingano z’ikigo harimo no gushishikariza abantu gusoma no kwandika, bikaba mu byatumye batangiza gahunda yo guhuza abanditsi n’abasomyi b’ibitabo byabo.

Kuri iyi nshuro ibitabo byaganiriweho bwa mbere ni ibya Akariza Laurette Annely uri mu rubyiruko rwiyeguriye umwuga wo kwandika ibitabo.

Ibitabo bye birimo icyiswe “Wet Under the Rainbow” cyasohowe mu 2020 n’icyo yise “Rebounce’’ cyagiye hanze muri uyu mwaka.

“Wet Under the Rainbow” ni igitabo gikubiyemo inkuru z’abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barimo abafite ababyeyi babaye mu mahanga, iz’abiciwe muri icyo gihe, inkuru z’abana bavutse ku babyeyi bayikoze n’abandi bibasiwe n’ihungabana ryayiturutseho.

Icya “‘Rebounce’” kivuga ku ihererekanwa ry’ubudaheranwa nyuma yo kubona uko Abanyarwanda biyubatse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nizeyimana yavuze ko bahisemo gutangirana na Akaliza, kuko muri gahunda bafite ari ugushishikariza urubyiruko gukunda gusoma no kwandika.

Ati “Twamuhisemo, kuko ari urubyiruko, kugira ngo afashe urundi rugenzi rwe, rubone ko kwandika bishoboka kandi birimo amahirwe, rubone ko rukwiriye kwandika amateka y’igihugu.”

Akariza Laurette Annely we yavuze ko iyi gahunda y’Inteko y’Umuco, yamushimishije cyane. Ati “Kuntekereza mu banditsi ba mbere bagomba guhura n’abasomyi babo ni ibintu byanshimishije cyane. Ni igikorwa kidasanzwe kuko kigiye gutunga itoroshi mu bwanditsi. Hari igihe umuntu aba akunda gusoma ariko atazi uko yahura n’umwanditsi.

Agaragaza ko uko umwanditsi ahuye n’abasomyi bimufasha kugira izindi mbaraga n’ibindi bitekerezo bishyashya.

Ati “Mu bindi bihugu byatangiye kera, umwanditsi aba afite aho ahurira n’abasomyi, ariko noneho ubu Inteko y’Umuco yabonye ko bikwiriye.”

Ibi bitabo bya Akaliza byaganiriweho biboneka muri Librairie Caritas, Librairie Ikirezi no ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gosozi. Icya Rebounce kigura 25.000 Frw mu gihe icya Wet Under the Rainbow kigura 15.000 Frw.

Uretse kungurana ibitekerezo kuri ibi bitabo by’uyu mukobwa, bamwe mu banditsi bamenye ko hari serivisi bajyaga baka mu mahanga kandi zitangirwa mu Rwanda.

Zirimo no guhabwa nimero mpuzamahanga iranga igitabo izwi nka International Standard Book Number (ISBN).

Igikorwa cyo guhuza abasomyi n'abanditsi b'ibitabo cyitabiriwe n'ab'ingeri zinyuranye
Akariza Laurette Annely ni umwe mu bakiri bato bafite gahunda yo guteza imbere umwuga wo kwandika ibitabo
Abitabiriye igikorwa cy'Inteko y'Umuco cyo guhuza abasomyi n'abanditsi b'ibitabo, bahawe umwanya batanga ibitekerezo
Akariza Laurette Annely yavuze ko gahunda y'Inteko y'Umuco izafasha abanditsi n'abakunda gusoma gutemba imbere ubwanditsi
Ntamuhanga Ningi Emmanuel wamenyekanye mu itangazamakuru yashimiye umuhati wa Akaliza wo kubera urubyiruko urugero rwiza mu kwandika
Nizeyimana Jean Claude, Umuyobozi w'Inkoranyabitabo y'Igihugu (National Library) iri mu nshingano z'Inteko y'Umuco, yavuze ko bahisemo gutangirana iyi gahunda na Akaliza kuko ari urubyiruko, kandi bashaka guteza imbere abakiri bato kwitabira ibijyanye n'ubwanditsi
Inteko y’Umuco yatangije gahunda yo guhuza abanditsi b’ibitabo n’abasomyi babyo, bakaganira ku cyateza imbere ubwanditsi
Serge Rwagasore ni umwe mu bakunda gusoma no kwandika bari bitabiriye iki gikorwa. Uyu musore yasabye Akaliza ko ibitabo bye bibaye byiza byashyirwa mu Kinyarwanda
Uwera Marceline usanzwe ari umwanditsi w'ikinamico yavuze ko uyu mwuga ushyigikiwe watunga benshi

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .