00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingofero zujuje ubuziranenge ku batwara moto zikomeje gutangwa mu Mujyi wa Kigali

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 March 2025 saa 10:07
Yasuwe :

Binyuze mu bukangurambaga bw’umutekano wo mu muhanda no gukumira impanuka zikunze kwibasira abatwara ibinyabiziga bya moto, muri iki Cyumweru gishize, mu Mujyi wa Kigali hatanzwe ingofero z’abamotari (casque) 1.500 zujuje ubuziranenge, zifasha abatwaye moto kurinda umutwe mu gihe bahuye n’impanuka.

Imibare y’Umuryango w’Abibumbye, Ishami ry’Ubuzima (WHO), igaragaza ko 28% by’impanuka zikomeye zo mu muhanda zigirwamo uruhare n’abagenda kuri moto, akaba ari imibare ishobora kugera kuri 75% mu bihugu bimwe na bimwe. Ni yo mpamvu ubu bukangurambaga bwo kugeza ingofero zujuje ubuziranenge kuri benshi kandi zihendutse bushyigikiwe n’Umuryango w’Abibumbye.

Kuri sitasiyo ya TotaleErnergies ku Gisozi mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, ni ho habereye igikorwa cyo gukomeza gushyikiriza abamotari izo ngofero. Hatanzwe ingofero z’abamotari 200 zikaba zarahawe abamotari 100, buri wese agahabwa ingofero ebyiri, igikorwa cyakozwe na Total Energies Marketing Rwanda (TEMR).

Mu cyiciro cya mbere cy’ubu bukangurambaga bwiswe #Tuwurinde, (Helmet 4 life) Umuryango TotalEnergies (TotalEnergies Foundation) wiyemeje gutanga ingofero ibihumbi 100 mu bihugu 42 byo mu migabane itatu, harimo ibyo muri Afurika, Aziya na Amerika.

Gutanga izi ngofero biri mu ntego z’Umuryango w’Abibumbye zo guteza imbere umutekano wo mu muhanda n’ubukangurambaga bwo kugeza hose ingofero zirinda umutwe kandi zihendutse.

Mbere yo gushyikiriza izi ngofero abamotari, babanje kwibutswa ibijyanye n’umutekano wo mu muhanda, gukurikiza amategeko, kugira ibikoresho by’ubwirinzi, kubibutsa gusuzumisha ibinyabiziga byabo kenshi ndetse n’uko umuntu yatandukana n’amakosa yo mu muhanda.

Iki gikorwa kizakomereza mu makoperative abamotari babarizwamo mu turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali. Umujyi wa Kigali, MININFRA, Polisi y’u Rwanda na RURA bakaba bashishikariza abamotari gukoresha izo ngofero zujuje ubuziranenge mu rwego rwo kwirinda ubwabo ndetse no kurinda abagenzi batwara.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .