00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Indashyikirwa mu guteza imbere Umuco Nyarwanda zashimiwe mu Nkera y’Imihigo

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 22 March 2025 saa 04:41
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingino Mboneragihugu (MINUBUMWE), ifatanyine n’Inteko y’Umuco, yahembye abantu babaye intangarugero mu gusigasira Umuco Nyarwanda.

Ni igikorwa cyabereye mu Nkera y’Imihigo ku wa 21 Werurwe 2025, yabereye mu Karere ka Nyanza, mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ubusizi wanahuriranye no gushimira uturere twahize utundi mu bikorwa by’Urugerero rw’Inkomezabigwi, icyiciro cya 12.

Muri iki gitaramo, hahembwe abantu n’ibigo icyenda mu byiciro bitatu birimo ababaye indashyikirwa mu guteza imbere Ikinyarwanda, Umuco Nyarwanda n’indangagaciro zawo ndetse hahembwa abahize abandi mu guteza imbere Umurage w’u Rwanda.

Umuyobozi wa Akagera Traditional Cultural Village Ecomuseum, Twizerimana Emmanuel, yahembwe ku mwanya wa kabiri mu guteza imbere Umurage w’u Rwanda. Akorera mu Karere Kayonza, yavuze ko ikigo yashinze mu myaka ibiri ishize, gifite abakozi basaga 100 biganjemo urubyiruko, aho 10 muri bo ari abakozi bahoraho.

Twizerimana yabwiye IGIHE ko nyuma yo kwiga amateka no gukora mu by’ubukerarugendo muri Pariki y’Igihugu y’Akagera, yahisemo kugaragaza uko Abanyarwanda babagaho mbere y’umwaduko w’abazungu.

Ati “Iyo usuye icyo kigo, ubonamo ubuzima Abanyarwanda bari babayeho mbere y’uko Abera bagera mu Rwanda. Nagishinze kubera ubusabe bw’Abanyamahanga bazaga mu Akagera, nyuma yo kuyisohokamo ukabona babuze ikindi bakora.”

Nyiramana Dévotha wahembwe ku mwanya wa gatatu mu cyiciro cy’ibikorwa byo guteza imbere Ikinyarwanda, yashinze Ikigo Muraho Rwanda Language & Culture gikorera mu Karere ka Gasabo.

Nyuma yo kwiga indimi akaba n’umwarimu, mu 2015 yitegereje uko abantu bakomeza kwica Ikinyarwanda bimubera umutwaro wamusunikiye gushinga ishuri rikigisha.

Ati “Natangiye mfasha Abanyarwanda baba baravukiye hanze n’abanyamahanga bifuza kwiga Ikinyarwanda. Byari ukubafasha gusa, nyuma nza kubihindura akazi ka buri munsi, ibindi nakoraga ndabireka, ubu mfite n’abandi bantu icumi nkoresha.”

Nyiramana wishimiye ko igihugu cyamumenye kikanamushimira, yakomeje avuga ko afite intego yo gukomeza gusigasira no kwigisha Ikinyarwanda, aho azashinga ikigo kizamufasha gukomeza kwigisha no gusigasira Ikinyarwanda, indangagagiro n’umurage by’u Rwanda.

Umuyobozi ushinzwe Itorero no guteza imbere umuco muri MINUBUMWE, Uwacu Julienne, yavuze ko gushima abantu ku giti cyabo bakora ibikorwa biteza imbere umuco, bigamije kongera kwerekana no kuzirikana ko umuco ari ‘ubuzima bwacu’.

Ati “Aba bafatanyabikorwa twifuzaga kubashimira ariko tukanahamagarira n’abandi kugira ibyo bakora bisigasira umuco, kuko byagaragaye ko uretse kuwusigasira nk’umurage wacu, hari n’ababikora bikababera akazi kabatunze, bikabyara imirimo ndetse inagera ku baturanyi babakikije.”

Kuri iyi nshuro, ababaye aba mbere bahembwe mu bikorwa byo guteza imbere Ikinyarwanda ni ishyirahamwe ryitwa Inganzo y’Ururimi n’Umuco.

Mu cyiciro cyo guteza imbere Umuco Nyarwanda, aba mbere babaye Red Rocks Rwanda, naho mu cyiciro cyo guteza imbere Umurage w’u Rwanda, aba mbere baba Itsinda rya Habimana Emmanuel, Nzayisenga Sophie na Mushabizi Jean Marie Vianney.

Muri ibi birori kandi, hanashimwe uturere dutanu twahize utundi mu bikorwa bw’Urugerero rw’Inkomezabigwi, icyiciro cya 12, aho Akarere ka Kamonyi kahize utundi n’amanota 87,3% gakurikirwa na Nyaruguru yagize 86,3%, umwanya wa gatatu utwarwa na Gatsibo ifite amanota 86,2%.

Ruhango yabaye iya kane n’amanota 85,7%, mu gihe Ngororero yaje ku mwanya wa gatanu n’amanota 83,8%.

Ibikorwa izi ntore zakoze bifite agaciro ka miliyari 2,8 Frw.

Umuyobozi Ushinzwe Itorero no guteza imbere umuco muri MINUBUMWE, Uwacu Julienne, yasabye abantu bose gutekereza icyo bakora kigamije gusigasira Umuco w'u Rwanda
Mu cyiciro cyo guteza imbere Umurage w’u Rwanda, aba mbere babaye Itsinda rya Habimana Emmanuel, Nzayisenga Sophie na Mushabizi Jean Marie Vianney
Umuyobozi wa Akagera Traditional Cultural Village Ecomuseum, Twizerimana Emmanuel, yahembwe ku mwanya wa kabiri mu guteza imbere Umurage w’u Rwanda
Umuhamirizo w'Intore ziherutse kwandikwa mu Murage w'Isi na UNESCO wasusurukije abari bitabiriye
Iyi nkera yasusurukijwe kandi n'imbyino gakondo zibereye ijisho
Intebe y'Inteko yungurije, Uwiringiyimana Jean Claude, ashyikiriza ibihembo abahize abandi mu bikorwa bisigasira Ikinyarwanda
Akarere ka Nyaruguru na ko kabaye aka kabiri mu bikorwa by'Inkomezabigwi, gashyikirizwa ishimwe na Meya wa Nyanza, mu izina ry'Umuyobozi w'Intara y'Amajyepfo
Akarere ka Kamonyi kahize utundi mu bikorwa by'Urugerero rw'Inkomezabigwi kashimiwe
Inkera y'imihigo yari yitabiriwe n'ab'ingeri zitandukanye
Aba ni abahembwe mu bijyanye no gusigarira Umuco Nyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .