00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impamvu ku mihanda hatakimanikwa ibyapa bikangurira abantu kwirinda Virusi itera Sida

Yanditswe na Hakizimana Jean Paul
Kuya 16 March 2025 saa 11:52
Yasuwe :

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku buzima (RBC), cyatangaje ko kitagikoresha ibyapa bikangurira abantu kwirinda Virusi itera Sida, gishyira imbaraga mu gutanga ubutumwa hakoreshejwe imbuga nkoranyambaga kuko hifuzwa ko ubutumwa bwo kwirinda iki cyorezo bugera ku rubyiruko rwinshi.

Mu myaka yashize hirya no hino kuri radiyo, televiziyo, mu binyamakuru byandika ndetse no ku mihanda, buri muntu wese yabonaga uburyo hashyirwaga imbaraga mu gutanga ubutumwa busaba buri wese kwirinda Virusi itera Sida.

Iyo byageraga ku byapa bishishikariza abantu kwirinda Virusi itera Sida byabaga ari ibindi bindi kuko wasangaga bimanitse muri buri gasantere kose, bikajya bigenda bihindurwa buri mezi runaka.

Kuri ubu ibi byapa ntibikigaragara ahantu na hamwe yewe n’ubutumwa busaba abantu kwirinda Virusi itera Sida kuri radiyo na televiziyo ubutambuka ni mbarwa.

Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya Virusi itera Sida mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, Dr Ikuzo Basile, yavuze ko koko ibi byapa baretse kubikoresha.

Ati ‘‘Ubu ntabwo tukibikoresha kuko iyo urebye icyo gihe twamanikaga ibyapa kuko Virusi itera Sida yari ihagaze mu Rwanda n’uko ihagaze ubu ng’ubu biratandukanye cyane, kera cyari ikibazo usanga cyibasiye abantu muri rusange ariko kuri ubu aho bigeze bitewe n’ibyo twakoze hahindutseho byinshi ku buryo kuri ubu Virusi itera Sida hari ibyiciro bitandukanye igenda yibasira kurusha ibindi.’’

Yakomeje agira ati ‘‘Ikindi kandi iyo urebye ikintu cyo gusoma ntabwo abantu bakibyitaho cyane, dushobora kumanika icyapa ku muhanda bikagera nimugoroba nta muntu n’umwe uragisoma ariko iyo turebye nk’urubyiruko kuko arirwo dushyizeho imbaraga bashobora kujya ku mbuga nkoranyambaga, niho turi gucisha ubwo butumwa kurusha uko twamanika bya byapa batari busome kandi bihenze cyane mu kubikoresha.’’

Sida ni icyorezo cyagaragaye mu Rwanda bwa mbere mu 1983, gitangira gukwirakwira cyane guhera mu 1986 aho nko hagati ya 1988 na 1996 aribwo cyanduwe n’abantu benshi. Kuri ubu ni icyorezo cyitari cyabonerwa umuti n’urukingo, uretse imiti ikigabanyiriza ubukana.

Kuri ubu mu Rwanda habarurwa abantu ibihumbi 230 bafite Virusi itera Sida, mu gihe abayandura ari 3200 buri mwaka. Sida yica kandi abasaga 2600 mu Rwanda buri mwaka, gusa 97% by’abanduye bose bafata imiti.

Mu myaka ishize ibyapa ni bumwe mu buryo bwakoreshwaga cyane mu bukangurambaga bwo kwirinda Sida

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .