00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impamvu ibyanya by’inganda bine bigiye guhabwa umwihariko kurusha ibindi

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 28 March 2025 saa 02:50
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yatangaje ko hafashwe icyemezo cyo guteza imbere ibyanya by’inganda bine byamaze gutera intambwe igaragara, aho bizongerwamo ibikorwaremezo mu gihe ibyanya bisigaye nabyo bizakorwa mu gihe kiri imbere.

Leta yari ifite gahunda yo gutegura ibyanya by’inganda mu turere dutandukanye tw’igihugu, harimo Bugesera, Muhanga, Rwamagana, Musanze, Huye n’ahandi.

Icyakora Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente, yavuze ko gahunda yo gutegura ibyanya byose icya rimwe itatanze umusaruro kuko yatumye bisaranganywa ibikorwaremezo bike, iterambere ntiryihuta nk’uko byari biteganyijwe.

Ati "Ibyanya by’inganda byinshi twabitangiriye icya rimwe noneho bituma buri cyose kijyamo ibikorwaremezo bike. Hamwe ugashyiramo umuhanda ahandi ugashyiramo amashanyarazi. Icyemezo twafashe ni uko tugiye gufata ibyanya by’inganda bine bya mbere biri imbere, tubishyiremo ishoramari ryose bitangire bikore ku bushobozi bwabyo bwose noneho dusigare dukora ibindi."

Iyi gahunda yatumaga u Rwanda rutatanya imbaraga muri gahunda yo kubaka ibi byanya, ari nayo mpamvu ibimaze gutera imbere ari byo bigiye kwitabwaho kurusha ibindi.

Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yavuze ko ibyatoranyijwe ari ibiri "Bugesera, Rwamagana, Muhanga kugira ngo byo bikorwe vuba noneho nibirangira, abashoramari bajyemo dusigare tugenda dutunganya n’ibindi bikorwa. Naho kugenda ukora ushyira akantu kamwe mu byanya by’inganda bigera ku 10, ntacyo bitumarira, twasanze ari ugutatanya amafaranga bikarangira nta na kimwe gikozwe."

Icyanya cy’inganda cya Bugesera gifite hegitari 330 mu gihe Icyanya cy’inganda cya Rwamagana gifite ubuso bwa hegitari 80 naho icyanya cy’inganda cya Muhanga kikagira hegitari 63.

Gahunda yo guteza imbere ibyanya by’inganda igamije kuzamura umusaruro w’ibikorerwa imbere mu gihugu, mu rwego rwo guteza imbere ubukungu bw’u Rwanda.

Mu 2024, urwego rw’inganda rwagize uruhare rwa 21% ku musaruro mbumbe w’igihugu.

Hagaragajwe impamvu Leta igiye gushyira imbaraga mu kwita ku byanya by'inganda bine kurusha ibindi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .