Kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Mutarama 2025 ni bwo mu Karere ka Rubavu ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hambukiye abacanshuro bakomoka i Burayi barenga 280, biganjemo abo muri Romania.
Nyuma yo kugera mu Rwanda, inzego z’umutekano zabanje kubasaka, ubundi binjizwa mu modoka zibakura i Rubavu, zibageza i Kigali, aho bafatira indege basubira iwabo.
Aba bacanshuro bageze muri RDC nyuma yo guhabwa akazi na Perezida Félix Antoine Tshisekedi, kugira ngo bafashe ingabo z’igihugu cye mu rugamba zirimo n’umutwe wa M23.
Ubwo M23 yigaruriraga Umujyi wa Goma benshi muri aba bacanshuro baratsinzwe, bishyikiriza MONUSCO.
Minisitiri Nduhungirehe abinyujije kuri X, yavuze ko aba bacanshuro banyujijwe mu Rwanda, nyuma yo kubisabwa n’ibihugu bakomokamo.
Ati “Nyuma yo gutsindwa kwabo no gufatwa kwa Goma, aba bacanshuro bahungiye mu mbuga ya Loni, abari mu butumwa bwayo bwo kubungabunga amahoro barabarinda. Guverinoma zabo zasabye u Rwanda gufasha mu kubasubiza iwabo, banyuze i Kigali, nayo irabyemera.”
Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko “u Rwanda aricyo gihugu cyonyine ku Isi cyatanze umuburo ku ikoreshwa ry’abacanshuro b’Abanyaburayi, bikozwe na Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi.”
Rwanda was the only country in the world to sound the alarm on the recruitment and use of European mercenaries, by President Félix Tshisekedi of DRC, in total violation of a 1977 OAU Convention and a 1989 UN Convention.
Neither the UN Security Council nor the European Union, let… https://t.co/JiwLV04mwY
— Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) January 29, 2025
Yagaragaje ko ikoreshwa ry’abacanshuro ritemewe cyane ko ribuzwa n’amasezerano ya Loni yo mu 1989.
Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye ko bibabaje kuba ibihugu byose bizi ko iki ari icyaha, ariko habaka nta na kimwe cyigeze cyamagana ikoreshwa ry’aba bacanshuro.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!