00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imishinga itanu yahize indi muri BK Urumuri yahawe inkunga ya miliyoni 25 Frw

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 11 December 2024 saa 12:00
Yasuwe :

Ba rwiyemezamirimo batanu b’abagore bafite imishinga itanga icyizere, bahawe inguzanyo ya miliyoni 25 Frw isonewe inyungu, kandi idasaba ingwate binyuze muri gahunda ya BK Urumuri Initiative, ishyigikira ba rwiyemezamirimo bakizamuka.

BK Urumuri ni gahunda ya BK Foundation ifatanyije na Inkomoko Rwanda, igamije guteza imbere ba rwiyemezamirimo bato n’abaciriritse mu nzego zitandukanye ibinyujije mu mahugurwa y’amezi atandatu aho bahabwa ubumenyi, ubujyanama n’inguzanyo zisonewe inyungu, kandi ntibasabwe ingwate.

Ba rwiyemezamirimo batanu batsinze bavuye muri 12 baheruka kumurika imishinga yabo nyuma yo guhabwa amahugurwa y’amezi atandatu, yibanda ku bumenyi bwo gucunga imari, gushaka amasoko no kunoza imikorere y’imishinga.

Bitandukanye no mu bihe byabanje, ku nshuro ya munani imishinga yahize indi uko ari itanu ni iy’abari n’abategarugori.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa BK Foundation, Ingrid Karangwayire, yagize ati “Twahisemo abari n’abategarugori kuko bafite uruhare rukomeye mu iterambere ry’igihugu kandi ni ingenzi gushyigikira imishinga yabo.”

Imishinga itanu yatoranyijwe yaturutse mu turere two mu Mujyi wa Kigali, Musanze, Gicumbi na Kayonza.

Umuyobozi wa Inkomoko Rwanda itanga aya mahugurwa, Mugabo Emmanuel, yagize ati “Twafashije ba rwiyemezamirimo kumenya gucunga umutungo wabo neza no gushyira gahunda mu bucuruzi bwabo kugira ngo barusheho kunguka.”

Uwase Christelle ufite umushinga wo gutubura imbuto z’ibirayi mu Karere ka Gicumbi, wahawe igihembo cy’inguzanyo ingana na miliyoni 7 Frw, avuga ko aya mafaranga azamufasha kwagura umushinga we, aho yifuza kongera ingano y’imbuto atubura kugira ngo zishobore kugera ku baturage bose.

Uwamariya Alphonsine, ukora ubucuruzi bw’ibikoresho by’isuku n’isukura utuye mu Karere ka Kayonza, yagaragaje ko amahugura yahawe na BK Urumuri yamugiriye akamaro mu kumenyekanisha ubucuruzi bwe.

Ati “Mbere ntabwo twakoraga ubukangurambaga bwimbitse, ugasanga twicaye dutegereje ko abakiriya bazadusanga aho twicaye ariko tumaze guhugurwa nibwo nabonye ko ashobora kugenda ahantu hatandukanye akaganiriza abantu ibyo akora, akanabishyira ku mbuga nkoranyambaga bigakurura abakiriya.”

Umutoniwabo Yvette ufite uruganda rutunganya ifu y’igikoma mu Mujyi wa Kigali, yashimye iyi nkunga avuga ko izamufasha kuzumura ingano y’ibyo akora.

Ati “Aya mafaranga azamfasha kugura imashini izazamura umusaruro w’uruganda rwanjye bizamfasha kuva kuri toni 15 nasohoraga buri kwezi ngere kuri toni 25 buri kwezi.”

Twizerimana Alphonsine ukora ubuhinzi bw’imboga n’imbuto mu Karere ka Musanze, yavuze ko aya mafaranga azamufasha gushyira ikoranabuhanga mu mirimo ye no kongera umusaruro.

Ati “Nzava ku musaruro w’ibilo 250 ku kwezi nkagera ku bilo 750 bitewe n’uko nshaka kongera ikoranabuhanga mu buhinzi bwanjye.”

BK Foundation igaragaza ko iyi gahunda izakomeza gufasha ba rwiyemezamirimo bato kwagura imishinga yabo no guteza imbere ubukungu bw’igihugu.

Kugeza ubu BK Foundation imaze gutanga arenga miliyoni 234 Frw mu nguzanyo zisonewe inyungu, zigahabwa ba rwiyemezamirimo bato.

Uwamariya Alphonsine yashyikirijwe inkunga ya miliyoni 4,5 Frw azamufasha gukoresha ikoranabuhanga mu buhinzi bwe
Uwamariya yishimiye ko iyi nkunga izamufasha kwinjiza ikoranabuhanga mu byo akora
Uwamariya Alphonsine yavuze ko atanga amasomo y'imenyerezamwuga ku banyeshuri biga ubuhinzi bamugana
Ubuhinzi bw'inkeri bwamuteje imbere ariko aracyabura ibikoresho byo kuzibika mu buryo burambye
Ubuhinzi bwa Uwamariya Alphonsine abukora mu buryo burengera ibidukikije
Umutoniwabo Yvette ufite uruganda rutunganya ifu y’igikoma yashyikirijwe inkunga ya miliyoni 4 Frw
Uwamariya yashyikirijwe inkunga ya miliyoni 4,5 Frw izamufasha guteza imbere ibikorwa bye
Ahabikwa ibicuruzwa by'isuku bya Uwamariya

Andi mafoto agaragaza abatsindiye ibihembo

Ubuhinzi bwa Uwamariya Alphonsine abukora mu buryo burengera ibidukikije

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .