00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imiryango irenga 4000 irimo 870 yahoze ituriye Sebeya igiye kubakirwa inzu

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 4 March 2025 saa 07:07
Yasuwe :

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, MINEMA igaragaza ko bitarenze 2025, izaba yamaze kubakira imiryango 4085, irimo 870 y’abahoze batuye mu nkenegero y’Umugezi wa Sebeya mu Karere ka Rubavu badafite ibibanza, bose bagizweho ingaruka n’ibiza byo muri Gicurasi 2023.

Ijoro ryo ku wa 2/3 Gicurasi 2023, ryabaye iry’icuraburindi ku baturage bo mu turere two mu Ntara y’Iburengerazuba, turimo Karongi, Nyabihu, Rubavu, Rutsiro, na Ngororero twibasiwe n’ibiza byanahitanye ubuzima bw’abantu 135.

Ibi biza byangije n’inzu zirenga 2100 mu gihe izindi 2763 zasenyutse burundu, n’ibikorwaremezo nk’imihanda na byo birangirika.

Ibiza bikimara kuba Leta yahise yihutira kubakira abaturage bo muri twa turere twagizweho ingaruka. Ku ikubitiro hubatswe 904 z’abaturage zirimo 184 zo mu Karere ka Rubavu.

Zirimo kandi 189 zubakiwe ab’i Karongi, 117 zubakiwe ab’i Nyabihu, 164 zubakiwe ab’i Ngororero, 53 zubakiwe ab’i Burera n’inzu 197 zubakiwe Abanya-Rutsiro.

Mu kwihutisha ibyo bikorwa byo kubakira abaturage, mu 2023 Guverinoma y’u Rwanda yatangije undi mushinga wiswe ‘Contingency Emergency Response Component: CERC).

CERC izarangira hubatswe inzu 4085. Kuri ubu inzu 900 zamaze kubakwa mu gihe ibikorwa byo kubaka inzu 1888 bigikomeje. Izindi zizubakwa mu bihe bitarambiranye na cyane ko ibibanza byabonetse.

Nk’ubu mu Karere ka Rubavu hazubakirwa abaturage 870 bimuwe mu bice bitandukanye biri mu nkengero z’Umugezi wa Sebeya wagize ingaruka ku barenga 5000 ndetse n’ahandi hari ibyago byo kwibasirwa n’ibiza badafite ibibanza.

Izi nzu zizubakwa mu Murenge wa Rugerero kuri site za Kasonga na Ruranga. Ubutaka bwarabonetse n’indi myiteguro yose yarakozwe.

Mu Karere ka Rubavu, ibiza by’umwihariko byatewe n’imyuzure yakomotse ku mugezi wa Sebeya, wibasiye cyane imirenge irimo uwa Kanama, Nyundo, Rugerero, Nyamyumba n’indi.

Ibiza byo muri Gicurasi 2025 bikiba, Akarere ka Rubavu katangiye ibikorwa byo gutabara abaturage bakurwa mu manegeka, aho barenga 5000 bahise bajyanwa kuri site ya Gisa, mu buryo bwo kubaha ubutabazi bw’ibanze, burimo no kubakodeshereza.

Nyiramashashi Apollinaria wo mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi, agaragaza inzu yari atuyemo mbere yo gusenyerwa n'ibiza
Umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Karongi, Muzungu Gerald, yavuze ko bagiye kubakira imiryango itari ifite ibibanza inzu 399
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Prosper Mulindwa yavuze ko bagiye kubakira inzu imiryango 870 yahoze ituriye umugezi wa Sebeya
Ibarura ryo mu 2022 ryagaragaje ko Akarere Ka Rubavu gafite abaturage 546.683
Imwe mu nzu zubakiwe abo mu Karere ka Nyabihu
Ibiro by'Akarere ka Nyabihu biherereye mu Murenge wa Mukamira
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette yavuze ko ibiza byo muri Gicurasi 2023 byagize ingaruka ku miryango 1243
Umuryango wo mu Karere ka Ngororero wishimiye inzu wahawe
Umuyobozi w'Ishami ry'Iterambere ry'Imibereho myiza y'Abaturage mu Karere ka Ngororero, Mundanikure Joseph yavuze ko abarenga 1400 bagizweho ingaruka n'ibiza byo muri Gicurasi 2023
Mu Murenge wa Musanze hari kubakwa inzu 200 zizahabwa abibasiwe n'ibiza
Imirimo yo kubaka inzu 200 kuri site ya Kabazungu mu Murenge wa Musanze irarimbanyije
Umuturage witwa Bwenge wo mu Karere ka Burera agaragaza inzu yari atuyemo mbere yasenywe n'ibiza byo muri Gicurasi 2025
Ibiro by’ako Karere ka Burere byatashywe mu 2024. Bifite ibyumba 60 byuzuye bitwaye miliyari 2,996 Frw
Iyi nzu yubakiwe umuturage wo mu Karere ka Burera witwa Kwizera Célestin utuye mu Murenge wa Kinoni mu Kagari ka Ntaruka

Amafoto: Ines Igikwiye/MINEMA


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .