Iyi mirambo yanyuze kuri uyu mupaka ahagana Saa 15:42 z’umugoroba kuri uyu wa 7 Gashyantare. Yatwawe n’imodoka z’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri RDC, MONUSCO.
Uretse abapfuye, izi modoka zari zinatwaye abasirikare barindwi ba Afurika y’Epfo bakomeretse ndetse n’abandi batanu babaherekeje. Amakuru avuga ko zanyuze ku mupaka wa Cyanika zihuta cyane, ku buryo nta minota myinshi zahamaze.
Hagati aho, imodoka z’Ingabo z’u Rwanda (RDF) ndetse na Polisi y’u Rwanda, zari ziherekeje imodoka za MONUSCO zitwaye iyi mirambo, inkomere n’ababaherekeje. Biteganyijwe ko bafata indege ibakura muri Uganda, ikaberekeza mu bihugu byabo.
Muri iyi mirambo harimo 14 y’abasirikare ba Afurika y’Epfo, ibiri y’abasirikare ba Tanzania n’ibiri y’abasirikare ba Malawi.
🎥𝐀𝐌𝐀𝐒𝐇𝐔𝐒𝐇𝐎🎥
Imirambo 18 y’abasirikare ba Afurika y’Epfo, Tanzania na Malawi baherutse gupfira muri RDC, yagejejwe muri Uganda inyujijwe ku mupaka wa Cyanika uhuza Uganda n’u Rwanda. pic.twitter.com/PUgvx50GYC
— IGIHE (@IGIHE) February 7, 2025









TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!