00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imbamutima za Ariel Wayz nyuma yo kumurika album ye ya mbere

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 13 March 2025 saa 11:50
Yasuwe :

Umuhanzikazi Ariel Wayz yashimiye abantu bamuteye ingabo mu bitugu mu rugendo rwo kumurika album ye ya mbere yise “Hear to Stay” mu gitaramo cyabaye hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa 08 Werurwe 2025.

Avuga ko nubwo habanje kubaho ikibazo cy’ihuzanzira cyatumye igitaramo gitangira gitinze, yabashimiye abantu ko bihanganiye imbogamizi zabayeho, bakamufasha no kubimenyekanisha.

Ati “Nongeye kubashimira umusanzu wanyu ntayegayezwa mu gitaramo cyo kumurika album n’uko mwakomeje kumperekeza, mu bujyanama n’inkunga z’uburyo butandukanye.”

Uyu mukobwa akomeza avuga ko igihe kiri imbere abakunzi be n’ab’umuziki nyarwanda bakwiriye kumwitegaho byinshi kandi ko atazabatenguha.

Ati “Ubu navuga ko aribwo urugendo rwanjye mu muziki rutangiye, niteze gukora byinshi byiza mu minsi iri imbere. Kandi nishimiye uko mwakiriye album yanjye. Byanteye imbaraga mu buryo bukomeye zo gukomeza guhatana.”

Ariel Wayz by’umwihariko iyi album yayituye abagore n’abakobwa cyane ko yayishyize hanze ku munsi w’abagore, kandi ukwezi kwa Werurwe kukaba kwarabahariwe buri mwaka.

Ubwo Ariel Wayz yashyiraga hanze album ye ya mbere yise “Hear to Stay”, yahise atangiza ubukangurambaga bwo gushishikariza abafana be kumuba hafi no kumushyigikira mu muziki we, by’umwihariko mu buryo bw’amikoro.

Uyu mukobwa n’umujyanama we Eloi Mugabe batangaje ko batangije ubukangurambaga bise “Sponsored by The Fans”, bwo gushishikariza abakunzi b’umuziki we kumushyigikira mu buryo ubwo ari bwo bwose ariko cyane cyane bagura iyi album ye ku 1000 Frw.

Ariel Wayz yashyize hanze album ye ya mbere igizwe n’indirimbo 12 ku wa tariki 8 Werurwe 2025 ku mpuzamahanga wahariwe abagore. Mu ndirimbo zigize iyi album harimo izo yakoranye n’abandi.

Muri izi harimo ‘3 in the morning’ yakoranye n’uwitwa Kent Larkin, ‘Urihe’ yakoranye na Kivumbi King na ‘Feel it’ yakoranye na Angell Mutoni. Hariho kandi indirimbo yise ‘Ariel &Wayz’ aho avuga ko muri iyi ndirimbo Ariel aba kuganira na Wayz.

Kureba igitaramo cyo kumurika iyi album wakanda hano https://h2s.beart.rw.

Ariel Wayz yashimiye abantu bose bamubaye hafi ubwo yamurikaga album ye ya mbere
Symphony Band, Ariel Wayz yahozemo ni yo yamucurangiye mu gitaramo yamurikiyemo iyi album
Kureba igitaramo Ariel Wayz yakoze album amurika album ye ya mbere bisaba kwishyura 1000 Frw
Kivumbi ni umwe mu bahanzi bahuriye na Ariel mu ndirimbo kuri iyi album ye nshya
Iyi album ya mbere ya Ariel Wayz irimo ubutumwa butandukanye bwiganjemo ubw'urukundo
Iyi album ya Ariel igizwe n'indirimbo 12
Ariel Wayz yashyize hanze album anatangiza ubukangurambaga yise 'Sponsored by Fans' bwo gusaba abafana kumushyigikira
Ariel Wayz yamuritse album ye ya mbere ku wa 8 Werurwe 2025 umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore
Angell Mutoni yahuriye na Ariel Wayz mu ndirimbo bise ‘Feel it’
Ariel Wayz ni umwe mu bahanzikazi bamaze kubaka izina mu Rwanda
Ariel Wayz nyuma yo kumurika album asaba abantu gukomeza kumuba hafi
Angell Mutoni uri mu bahanzi batatu bagaragara kuri album ya Ariel ni umwe mu bo yitabaje mu gitaramo yakoze ayimurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .