00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

ILPD yashyize ku isoko ry’umurimo abarenga 500

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 7 December 2024 saa 03:05
Yasuwe :

Ku nshuro ya 13, Ishuri ryigisha rikanateza Imbere Amategeko (ILPD), ryashyize ku isoko ry’umurimo abanyamategeko 527, basabwa gukomeza kwihugura kuko kwiga ari uguhozaho.

Ni igikorwa cyabaye ku wa 06 Ukuboza 2024, cyitabirwa n’abarimo Minisitiri w’Ubutabera, Dr. Ugirashebuja Emmanuel; Minisitiri w’Uburezi Nsengimana Joseph n’abandi.

Mu basoje barimo 31 basoje bwa mbere muri ILPD mu masomo arebana n’amategeko arengera abana (Child justice).

Umwe mu bayasojemo witwa Murebwayire Shafiga, ati’’ Twize neza ubutabera bunogeye abana. Twiga uburyo bashobora gukorerwa ibyaha, cyangwa se uko bashobora kwisanga bari mu byaha. Twize uko tugomba kubijyanisha n’uburyo bw’imitekerereze yabo n’imibereho y’imiryango bavukamo. Tugiye kujya tubyitaho byose.”

Sindayigaya Nicodeme, usanzwe akora mu Rukiko rw’Ikirenga, yavuze ko kurangiza amasomo ya kaminuza asanzwe mu mategeko biba ari ubumenyi bwo mu bitabo gusa(theorie), bityo ko haba hakenewe no gushyira mu bikorwa kandi ko nta handi ho kurahura ubwo bwenge hatari muri ILPD.

Ati “Aya masomo atuma umuntu asobanukirwa neza ibyo yize akiri mu mashuri asanzwe, bigatuma abasha gukora akazi ke neza, ndetse akanajyanisha amategeko n’aho Isi iba igeze. Twungutse byinshi, tugiye gutanga umusaruro ushyitse.’’

Asaahndia Terence, waturutse muri Cameroun, yabwiye IGIHE ko ubumenyi yaje yifuza bwo kuba inzobere mu mategeko ajyanye n’abinjira n’abasohoka, abutahanye bwuzuye.

Ati “Ndateganya ko mu mwaka utaha, nzaba ndi umunyamategeko wo mu bijyanye n’abinjira n’abasohoka, kuko ubunararibonye n’ubumenyi nkuye muri iki kigo burabinyemerera.’’

Umuyobozi Mukuru wa ILPD, Dr. Kalimunda Aime Muyoboke, yashimiye Guverinoma y’u Rwanda, idahwema gutera inkunga ILPD mu bikorwa byayo byose, kugira ngo ibashe kugera ku ntego zayo.

Yanashimye abafatanyabikorwa bayo barimo UNICEF yabafashije mu kwigisha amasomo y’amategeko arengera umwana, INES Ruhengeri na Kaminuza y’u Rwanda zitahwemye kubafasha mu kubona ibyumba byo kwigishirizamo n’izindi nyunganizi.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta Dr. Ugirashebuja Emmanuel, yashimiye abarangije amasomo yabo, ashima umuhate bagize.

Yabasabye kuzakomeza kwihugura kuko n’ubundi ubumenyi mu mategeko buhora bukura havuka amategeko, n’amabwiriza bishya, bagomba guhora bamenya.

Dr. Ugirashebuja yongeye kwibutsa ko Isi ikomeje kwihuta cyane mu ikoranabunga ririmo n’iry’ubwenge buhangano (AI), abasaba guhora biteguye impinduka nziza zizanwa n’ikoranabuhanga.

Ati “Dutangiye kubona AI iza mu kazi k’amategeko, namwe rero mugomba guhora mwiteguye kwakira ibishya bizanwa n’ikoranabuhanga mubona byabafasha mu kazi kanyu. Ni ukugira ngo mutazatakara ku isoko ry’umurimo.’’

Yashimye umusanzu wa ILPD, avuga ko ubu u Rwanda rubarwa mu bihugu bitatu bya mbere bifite inzego z’ubutabera zubatse neza muri Afurika, bigizwemo uruhare n’iryo shuri.

Abanyamategeko barenga 4024 ni bo bamaze kungukira ubumenyi bubafasha kuzuza inshingano zabo mu nzego z’ubutabera, bigizwemo uruhare na ILPD, imaze kwigwamo n’abanyamahanga bo mu bihugu 17 bya Afurika.

Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr. Ugirashebuja Emmanuel yasabye abasoje amasomo muri ILPD guhora bihugura kuko kwiga bitarangira
Karigirwa Liliane yagaragaje ko amasomo bahawe bagiye kuyifashisha mu guteza imbere urwego rw'ubutabera mu Rwanda, Afurika n'Isi muri rusange
Abitabiriye umuhango wo gutanga impamyabumenyi muri ILPD banyuzwe n'umuziki uyunguruye bikozwe n'intyoza muri wo
Mu gikorwa cyo gutanga impamyabumenyi mu bize muri ILPD, abitabiriye banyuzwe n'imbyino za Kinyarwanda
Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe Amasomo n'Ubushakashatsi muri ILPD, Dr. Yves Sezirahiga yahanuye abarenga 500 basoje amasomo muri ILPD
Abo mu miryango y'abasoje amasomo mu by'amategeko muri ILPD, bari baje kwishimana n'ababo ku ntambwe ikomeye bateye
Abanyeshuri 527 basoje amasomo mu bijyanye n'amategeko bari bamaze igihe bahererwa muri ILPD
Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph yishimanye n'abasoje amasomo muri iri shuri
Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme na we yifatanyije n'abo muri ILPD bahawe impamyabumenyi
Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph, atanga impamyabumenyi ku barangije amasomo
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Col (Rd) Jeannot K Ruhunga (ubanza ibumoso) akaba n'umwe mu batanga amasomo muri ILPD na we yitabiriye igikorwa cyo guha impamyabumenyi abasoje amasomo
Umuyobozi Mukuru wa ILPD, Dr. Aimé Muyoboke Karimunda yashimiye inzego zitandukanye zibafasha kugera ku ntego zabo zo guteza imbere no kwigisha amategeko
Registrar wa ILPD, Mugisha Richard na we yashimiye abanyeshuri ku bwitange bagaragaje mu bihe by'amasomo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .