00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ikoranabuhanga rishingiye ku byogajuru rigiye kwiyambazwa mu kugenzura ibikorwa by’ubwubatsi

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 9 January 2025 saa 12:03
Yasuwe :

Umujyi wa Kigali watangaje ko ugiye gukoresha ikoranabuhanga rishingiye ku byogajuru mu kugenzura ibikorwa by’ubwubatsi hagamijwe kumenya ibikorwa bitemewe, birimo no gukoresha impushya z’ubwubatsi z’impimbano.

Iyi ngingo, yakomojweho n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, ubwo yari mu Nteko Ishinga Amategeko, aganira na komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije ku tegeko rigenga ubutaka mu Rwanda.

Dusengiyumva yavuze ko iri koranabuhanga rizakoreshwa binyuze mu bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibijyanye n’Isanzure, [Rwanda Space Agency- RSA], bikazafasha kumenya inzu zubatswe mu buryo butemewe.

Yagaragaje ko iri koranabuhanga ryamaze gusuzumwa, bigaragara ko rikora neza kandi ryatanga umusaruro.

Ati “Hari uburyo icyogajuru cyerekana inzu yubatswe kuri buri kibanza. Tuzabimenyesha abaturage bitarenze uku kwezi kandi iri koranabuhanga rizajya rikora no muri telefoni ngendanwa.”

Iri koranabuhanga rifite ubushobozi bwo gukusanya amakuru ku nzu zose ziri mu Mujyi wa Kigali, rikaba kandi rihujwe n’uburyo bw’ikoranabuhanga bwo gusaba impushya zo kubaka ku mujyi [online construction permit system].

Rizajya rigaragaza inzu zubatswe nta mpushya, rinemeze niba uruhushya rwatanzwe rwemewe cyangwa ari uruhimbano.

Ati “Urugero, dushobora kureba ubutaka butari bwubatsweho nka tariki ya 8 Kanama, hanyuma tariki ya 14 Kanama tukabona niba hari inzu yatangiye kuhubakwa. Dushobora kandi no kureba niba nyir’iki kibanza afite uruhushya rwemewe.”

Dusengiyumva yavuze ko iri koranabuhanga ridashobora kubogama, bityo rizanafasha guhashya ruswa yakunze kugaragara mu nzego zimwe za Leta zifite aho zihurira n’ubwubatsi.

N’ubwo u Rwanda nta cyogajuru rufite mu Isanzure, ariko rushobora kubona amakuru atangwa nabyo aguzwe ku bindi biriyo, bityo bikaba byanashoboza ikoreshwa ry’iri koranabuhanga.

Imibare iva mu Mujyi wa Kigali igaragaza ko hakenewe kubakwa inzu ziciriritse 18.000 buri mwaka kugira ngo abaturage bawo babone aho kuba.

Ku rwego rw’igihugu, hakenewe inzu zirenga miliyoni ebyiri ziciriritse mu myaka itanu iri imbere, nk’uko bikubiye mu Cyerekezo 2050.

Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Dusengiyumva Samuel, yavuze ko iri koranabuhanga rizanafasha mu kugabanya ruswa mu rwego rw'ubwubatsi muri Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .