00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

IGP Namuhoranye ari mu ruzinduko rw’akazi muri Nigeria

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 February 2025 saa 03:30
Yasuwe :

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye ari mu ruzinduko rw’akazi muri Nigeria.

Ku wa Kabiri tariki ya 25 Gashyantare, CG Felix Namuhoranye yitabiriye inama n’umwiherero bihuza ba Ofisiye bakuru ba Polisi muri icyo gihugu.

Umuhango wa gufungura ku mugaragaro iyi nama n’umwiherero bibaye ku nshuro ya gatanu byayobowe na Visi-Perezida wa Repubulika ya Nigeria, Nyakubahwa Kashim Shettima.

IGP Namuhoranye yabukije abari muri uyu mwiherero ko kugira ngo umutekano w’imbere mu gihugu ugerweho bisaba ubufatanye bw’inzego z’umutekano n’abaturage.

Ati "Umutekano w’imbere mu gihugu ushingiye ku mahoro n’ituze rusange. Nta rwego rushinzwe iyubahirizwa ry’amategeko rwagera kuri byinshi hatabayeho imikoranire, icyizere ndetse n’ubufatanye n’abaturage rushinzwe. Bityo ubufatanye bwa Polisi n’abaturage mu gucunga umutekano ntibigomba kuba amahitamo ahubwo ni ngombwa."

IGP Namuhoranye yifashishije urugero rwa Polisi y’u Rwanda, yashimangiye ko ibikorwa byo gucunga umutekano binyuze mu bufatanye n’abaturage; ari umusemburo w’umutekano, imibereho myiza n’iterambere birambye.

IGP Namuhoranye ari mu ruzinduko rw’akazi muri Nigeria
IGP Namuhoranye yabukije abari muri uyu mwiherero ko kugira ngo umutekano w’imbere mu gihugu ugerweho bisaba ubufatanye bw’inzego z’umutekano n’abaturage

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .