00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igice kinini cy’amafaranga acibwa abandikirwa na camera zo ku muhanda gishyirwa muri Mutuelle de Santé

Yanditswe na Uwimana Abraham
Kuya 5 March 2025 saa 05:35
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yasobanuye ko mu ngamba zafashwe n’u Rwanda zo gushyigikira ukwigira k’urwego rw’ubuzima, harimo kongera serivisi z’ubuvuzi zitangirwa ku Bwisungane mu Kwivuza (Mutuelle de santé) n’izindi ngamba zigamije kuyongerera ubushobozi, zirimo ko igice kinini cy’amafaranga acibwa abandikirwa na camera zicunga umutekano wo mu muhanda, gishyirwa muri Mutuelle de santé.

Ibi Minisitiri Dr. Nsanzimana yabitangarije mu nama y’Urugaga rwa Afurika rushinzwe kurwanya Kanseri y’Ibere, yabereye i Kigali ku wa 4 Werurwe 2025, ubwo yagarukaga ku ngamba u Rwanda rwashyizeho mu guhangana na Kanseri n’izindi ndwara zitandura.

Yavuze ko mu ngamba zafashwe na Leta y’u Rwanda harimo ko serivisi zose zo gusuzuma no kuvura kanseri ubu zisigaye ziboneka ku Bwisungane mu Kwivuza (Mutuelle de santé).

Yagize ati "Nk’urwego rw’ubuzima, mu minsi ishize twarishimye ubwo Inama y’Abaminisitiri yemeza ko gusuzuma no kuvura kanseri, bizajya byishyurwa 100% n’Ubwisungane mu Kwivuza, bisobanuye byinshi ku baturage bacu, kuko kuvura kanseri birahenze, by’umwihariko abakennye, ariko Guverinoma yanzuye ko kuko bihenze, reka tube ari twe twikorera uwo mutwaro uremereye nka guverinoma, Kugira ngo abaturage bakomeze bite ku bindi bya buri munsi bibareba nk’imiryango."

Yavuze ko kugira ngo ibyo bigerweho bisaba ubufatanye bw’inzego zose atari Guverinoma gusa.

Ati "Ubu bwisungane mu kwivuza ntabwo ari inshingano za Guverinoma gusa, ni inshingano duhuriyeho twese, ni muri urwo rwego inzego zitandukanye zasabwe gutangamo inkunga, harimo urwego rw’amabanki, nka rumwe mu nzego zikize, ku nshuro ya mbere rwatangiye gushyira amafaranga mu gushyigikira ubwisungane mu kwivuza,"

Yakomeje avuga ko "Ku batwara muri Kigali mwabonye izi camera nziza zo ku muhanda, iyo urengeje umuvuduko zirakwandikira, hanyuma amafaranga wishyuye, igice cyayo kinini kijya muri Mutuelle de santé. Ntabwo dushishikariza abantu kurenza umuvuduko kuko na byo byateza ibindi bibazo, ariko iyo urengeje umuvuduko [bakakwandikira] hari umusanzu uba utanze ku nyungu rusange."

Nubwo amafaranga atangwa n’abandikiwe n’izo camera zo ku muhanda agira uruhare mu gushyikira ubwisungane mu kwivuza, Polisi y’u Rwanda itangaza ko zitagamije guhana abantu no kuba isoko y’amafaranga, ahubwo ari izigamije kubungabunga umutekano w’abakoresha umuhanda.

Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 17 Mutarama 2025, ni yo yemeje ingamba zo mu rwego rw’ubuzima zirimo kongera serivisi z’ubuvuzi zishingirwa n’ubwisungane mu kwivuza, mu guteza imbere ubuzima bw’Abanyarwanda.

Ubwishingizi bwa Mituelle busanzwe bukoreshwa n’Abanyarwanda bagera kuri 92% bwongerewemo serivisi 14 nshya z’ubuvuzi.

Muri zo harimo ubuvuzi bwa kanseri, umutima, kuyungurura amaraso no gusimbuza impyiko, kubaga bigezweho hakoreshejwe ikoranabuhanga nko kubaga umutwe w’igufa ryo mu kuguru, mu ivi, urutirigongo n’ahandi, ndetse n’ibijyanye n’insimburangingo n’inyunganirangingo.

Mutuelle kandi yongereweho imiti ya kanseri yagoraga abakoresha ubwo bwishingizi kuyibona, guhabwa ibigize amaraso nk’udufashi (plaquettes) insoro zitukura (globules rouges) n’umushongi (plasma), ibijyanye n’inyunganiramirire n’indi miti itabaga kuri Mutuelle.

Minisitiri Dr. Nsanzimana yasobanuye ko hari igice kinini cy'amafaranga atangwa n'abandikirwa na camera zo ku muhanda gishyirwa muri Mutuelle

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .