00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ifoto y’Umunsi: Umunyonzi yahoberanye na Gen Kabarebe

Yanditswe na Akayezu Jean de Dieu
Kuya 3 Gashyantare 2023 saa 04:58
Yasuwe :

Kanyana David ukora umwuga wo gutwara abagenzi yifashishije igare yasazwe n’ibyishimo ubwo yahoberaga Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano, Gen James Kabarebe.

Kanyana yari umwe mu rubyiruko rusaga 600 rwitabiriye ibiganiro bigamije kwigisha amateka yaranze u Rwanda ndetse n’uruhare rufite mu guharanira kubaka ahazaza heza h’igihugu.

Urwo rubyiruko rwibumbiye mu makoperative harimo abamotari, Urubyiruko rw’Abakorerabushake (Youth Volunteers), abakarani, abanyonzi, abafotora, abatunganya imisatsi, abahoze ari abazunguzayi, abadoda inkweto ndetse n’abandi.

Nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi ndetse n’Ingoro Ndangamurage y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi no kubohora igihugu, uru rubyiruko rwahawe ibiganiro n’abayobozi batandukanye.

Barimo Minisitiri w’Urubyiruko n’Umuco, Mbabazi Rosemary, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence ndetse n’Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano, Gen James Kabarebe.

Ubwo bari bageze mu bihe byo kubaza ibibazo, Kanyana David uhagarariye ‘Abanyonzi’ bo mu Karere ka Gasabo yagezweho, asaba gukora mu biganza bya Gen Kabarebe.

Byari nk’amata yabyaye amavuta kuri Kanyana kuko Gen Kabarebe yahise amuha ikaze, aramuramutsa, barahoberana biratinda.

Abandi bayobozi barimo Minisitiri Mbabazi ndetse na Meya Rubingisa nabo bahoberanye na Kanyana.

Kanyana ahoberana na Gen. James Kabarebe
Yaboneyeho no kuramukanya n'Umuyobozi w'Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa
Uyu munyonzi yanahoberanye na Minisitiri w'Urubyiruko n'UMuco, Rosemary Mbabazi

Amafoto: Igirubuntu Darcy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .