00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Icyanya cy’inganda zoroheje cya Kanyinya cyatangiye gutunganywa

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 17 February 2025 saa 04:53
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko imirimo y’ibanze mu gutunganya icyanya cy’inganda zoroheje cya Kanyinya yarangiye, ku buryo ku bufatanye n’Umujyi wa Kigali ubu ikigezweho ari ugushishikariza abashoramari gushyiramo amafaranga bakahashinga inganda zitandukanye.

Ni icyanya giherereye mu Mujyi wa Kigali, mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Kanyinya, ahegereye uruganda rw’ibinyobwa rwa Skol.

MINICOM igaragaza ko icyo cyanya kigenewe inganda zikora ibicuruzwa bitagoye gutunganya nk’ibikomoka ku buhinzi, izitunganya ibikomoka ku biti n’izindi hamwe na sitasiyo z’ibikomoka kuri peteroli.

Kiri ku buso bwa hegitari 73 zigizwe na 15.43% zigenewe ibikorwaremezo by’icyo cyanya.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Sebahizi Prudence, yabwiye The New Times ko imirimo y’ibanze yo gutunganya icyo cyanya nko gukata imbago z’imihanda, n’ibindi bikorwa remezo bizubakwamo ubu yamaze kurangira.

Yavuze ko ubu Umujyi wa Kigali n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubutaka bari kubafasha mu guhindura ibyangombwa by’ubutaka bw’ahari iki cyanya ndetse ko nta baturage bazasabwa kwimurwa kuko ubuso bw’icyo cyanya busanzwe ari amasambu adatuweho aho ba nyirayo bazajya biyumvikanira n’abashoramari bakabagurira.

Kubaka ibyo bikorwa remezo by’ibanze muri icyo cyanya biteganyijwe ko bizatwara miliyoni 210.3 Frw utabariyemo gukwirakwizamo amazi meza no gusohora ayakoreshejwe no gukwirakwiza amashanyarazi kuko byo bikiri kubarwa.

Iki cyanya cyitezweho gukurura abashoramari batunganya ibiribwa, labotatwari z’ubushakashatsi, abakora ibijyanye no kwita ku binyabiziga n’ibindi.

Cyitezweho kandi kuzamura igice cya Kanyinya gisanzwe ari icyaro bitewe n’ibyo bikorwa remezo by’inganda bizatuma abahatura biyongera

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubutaka kigaragaza ko mu myaka 30 iri imbere Leta izafasha mu gushyiraho ahantu hangana na hegitari 9.000 hagenewe kubakwa inganda mu bice bitandukanye by’Igihugu .

Ni mu gihe kuri ubu ibice by’inganda bihari byatangiye bikoreshwa ku kigero cya 70% harimo Icyanya cy’Inganda cya Kigali, icya Bugesera n’uduce twahariwe inganda twa Rwamagana, Muhanga, Nyagatare, Musanze, Huye Nyabihu, Rusizi na Rubavu.

Ibyinshi muri ibyo bice by’inganda byubatswe muri gahunda yo kwihutisha iterambere ikiciro cya mbere (NST1) bitwaye ageze kuri miliyari 250 Frw.

Leta iteganya ko urwego rw’inganda mu Rwanda ruzajya rwaguka ku ijanisha rya 13% buri maka mu gihe ibyinjizwa na zo na byo bizajya byiyongeraho 10% ku mwaka.

Ibyo byitezweho gutanga umusanzu mu guhanga imirimo mishya aho urwego rw’inganda biteganyijwe ko ruzahanga imirimo mishya 63.507 bitarenze mu 2029.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .