Musinga mu kiganiro yagiranye na IGIHE yavuze ko igitekerezo cy’iki gikorwa yakigize, nyuma yo kubona uruhare rukomeye ubuhanzi bwagize mu gusenya igihugu, kuri ubu bukaba bwanakoreshwa mu kucyubaka.
Ati “Ni igitekerezo cyaje nyuma yo kubona uburyo ubuhanzi bwagize uruhare mu kubiba amacakubiri ,inzangano n’ibindi byose byaje gusenya U Rwanda kugeza kuri jenoside yakorewe abatutsi.”
Yashimangiye ko “impamvu y’iki gikorwa ngarukamwaka cyitwa “Mudaheranwa” kigamije kongera gukoresha bwa bugeni n’ubuhanzi kugira ngo bwongere kubaka U Rwanda binyuze mu butumwa bw’isanamitima, amahoro, urukundo, ubumwe ndetse n’ubwiyunge n’ubudaheranwa.”
Yavuze ko uyu mwaka iki gikorwa kizagaruka cyane mu kuzirakana urugendo rw’Imyaka 31 y’ubudaheranwa bw’u Rwanda hashingiwe ku bikorwa by’amajyambere rumaze kugeraho ndetse n’Abanyarwanda mu mibereho yabo. Uyu mwaka iki gikorwa cyiswe “Mudaheranwa 31”.
Umuhanzi Musinga azifatanya n’abahanzi basanzwe bamenyerewe mu ndirimbo zitanga ubutumwa bw’ihumure n’isanamitima kuri Jenoside yakorewe Abatutsi barimo Mariya Yohana, Nyiranyamibwa Suzana, Mukankusi Grace, Nsengimana Justin, Rwema Iryayo na J.M.V Sibomana.
Iki gikorwa kizabera muri Kigali conference and Exhbition Village (KCEV) Camp Kigali, kwinjira ni ubuntu. Umuntu ushaka kwiyandikisha aca kuri www.mudaheranwa.com.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!